00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rwiyemezamirimo Gicanda Nikita mu mushinga wo kugira ikipe mu Rwanda

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 31 March 2025 saa 03:03
Yasuwe :

Umunyarwandakazi w’Umuholandi, Gicanda Nikita Vervelde, yagaragaje ko nyuma yo kuba umukinnyi w’umupira w’amaguru agakinira na AS Kigali, yifuza gukomeza umushinga uzazamura abakobwa bakina mu Rwanda ikazabagirira akamaro mu bihe biri imbere.

Gicanda asanzwe ari rwiyemezamirimo ufasha abafite imishinga mito iharanira inyungu n’idaharanira inyungu.

Ni akazi akorera mu mijyi itandukanye yo mu Bwongereza ari na ho atuye, ariko nyuma yo gusanga hari amahirwe akwiriye guhabwa abakobwa b’Abanyarwanda, yahisemo kwagurira ibikorwa bye mu Rwanda.

Aha yahageze mu 2020, ahita anashimangira ko agiye kuhatura agakurikirana iyi mishinga igamije ahanini kwita ku bana b’abakobwa bakora siporo by’umwihariko umupira w’amaguru.

Mu kiganiro uyu mukinnyi wa AS Kigali WFC kuva mu mwaka ushize yagiranye na IGIHE, avuga ko intego yo gukomeza ibikorwa bye harimo umushinga wa Local Champion umaze umwaka umwe, yatangiye ashaka ko umubare munini wa ba rwiyemezamirimo bato bisanga muri siporo.

Ati “Dufasha imishinga kugera ku rwego rwo kwigira. Mu mishinga dukora rero harimo n’iy’ishoramari rya siporo. Aho harimo guteza imbere siporo, kuyibyaza umusaruro, kuyigira iyo buri wese yisangamo cyane cyane ba rwiyemezamirimo b’abakobwa n’abakiri bato.”

“Ndi umukinnyi w’umupira w’amaguru nkanaba umukinnyi usiganwa ku maguru gusa ndi gukura. Umupira w’amaguru ni urukundo rwanjye rwa mbere, ibyifuzo byanjye ni uko itera imbere cyane mu bagore, ku buryo buri wese abibona. U Rwanda ni ahantu heza ho kwerekana ko abagore babikora.”

Umunyezamu wa Rayon Sports FC akanaba Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Nakimana Angeline, ni umwe mu bafashijwe n’uyu mushinga ku ikubitiro, avuga ko byatumye asobanukirwa amahirwe menshi ari muri ruhago.

Ati “Nikita yansanze muri AS Kigali ashaka abakinnyi beza batanu yafasha bakazamura impano zabo. Yaduhaye abatoza badufasha, mbese badufasha imyitozo tutabona kenshi mu makipe dukinira.”

“Amakipe y’abagore dufite mu gihugu twavuga ko akomeye ntarenze atanu, biragoye ko hazamo ihangana. Kuza kw’abantu nk’aba rero hari icyo byakongera ku mikurire ya shampiyona yacu. Njye muri Rayon Sports biroroshye ko nabyikorera, ariko ahandi biragoye.”

Kugeza ubu abakinnyi baterwa inkunga na Local Champions, bahawe amahirwe yo kujya bakorera imyitozo ngororamubiri mu nzu y’imyitozo ya Fitnesspoint, aho bafite n’abatoza babafasha.

Gicanda avuga ko kugeza ubu yamaze gutangiza ikipe y’abagore iri mu cyiciro cya kabiri ya Local Champions. Yifuza ko abakobwa afasha bazajya gukina hanze ndetse n’Ikipe y’u Rwanda ikungukira muri iki gikorwa.

Gicanda yakiniye amakipe arimo Hackney Women’s FC yo mu Bwongreza. Yakinnye muri Camden & Islington United WFC na Olympia Infinity FC anazifasha gutangiza icyiciro cy’abakinnyi bato bategurwa kujya mu byiciro byo hejuru muri Ruhago y’u Bwongereza.

Buri gihugu mu bihugu umunani yabayemo yagize ikipe yaho akinira, harimo n’ayibigo by’amakaminuza.

Kugeza ubu Gicanda Nikita akinira AS Kigali WFC
Mi mikino ya Gicanda Nikita harimo no gusiganwa ku maguru
Gicanda Nikita ahamya ko urukundo rwe rwa mbere ari ruhago
Buri gihugu Gicanda Nikita Vervelde agezemo ahashaka ikipe
Ndakimana ahamya ko ubufasha ahabwa na Local Champions bugira aho bumugeza kandi bukamufasha no mu Ikipe y'igihugu
Ndakimana Angeline ni umwe mu bakinnyi bafashwa na Gicanda kubona imyitozo myinshi
Gicanda Nikita ni rwiymezamirimo wifuza kuzamura abakobwa bari muri siporo

Video: Byiringiro Innocent


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .