00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rwatubyaye Abdul yatandukanye na Brera Strumica

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 26 February 2025 saa 10:42
Yasuwe :

Rwatubyaye Abdul wari umaze umwaka akina muri Shampiyona ya Macedonia, yatandukanye na Brera Strumica yo mu Cyiciro cya Mbere nyuma y’amezi atanu.

Muri Mutarama 2024, ni bwo Rwatubyaye yamenyesheje Rayon Sports FC yakiniraga ko ashaka kuyisohokamo akerekeza muri Macedonia mu ikipe yahozemo ya KF Shkupi.

Iyi kipe yatandukanye na we muri Nzeri uwo mwaka, ahita yerekeza muri Macedonie y’Amajyaruguru, atangazwa nk’umukinnyi mushya wa Brera Strumica.

Uyu mugariro wari umwe mu bagenderwaho muri iyi kipe, ntiyongeye gukenerwa n’iyi kipe kuko nyuma y’imikino ibanza ya Shampiyona, atigeze yifashishwa mu yo kwishyura yatangiye tariki ya 8 Gashyantare 2025.

Mu kwezi gushize kwa Mutarama, Rwatubyaye udafite ikipe akinira kugeza ubu, yagaragaye mu myitozo ya Rayon Sports FC aherukamo mbere yo kongera kujya gukina i Burayi.

Uyu mukinnyi ushobora kuba yatandukanye n’iyi kipe kubera ibibazo by’amikoro ifite, hashize amezi atatu agize imvune yanatumye adakina imikino y’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yo gushaka itike ya CAN 2025.

Mu yandi makipe Rwatubyaye yakiniye harimo Switchbacks FC, Colorado, Kansas City zo muri Leta Zunze Ubumwe za America ndetse na APR FC.

Rwatubyaye yahamagawe mu Amavubi avunika adakinnye
Rwatubyaye Abdul yatandukanye na Brera Strumica

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .