00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rwanda Premier League yashyizeho umwanya wo kwibuka Alain Mukuralinda

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 4 April 2025 saa 10:17
Yasuwe :

Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda "Rwanda Premier League", rwashyizeho umwanya wo kunamira Alain Mukuralinda wagize uruhare rukomeye mu iterambere rya siporo mu Rwanda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 4 Mata 2025, ni bwo Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, byatangaje inkuru y’akababaro ko Alain Mukuralinda wari Umuvugizi wungirije wa Guverinoma yitabye Imana.

Usibye kuba mu mirimo itandukanye ya leta, Mukuralinda yari umwe mu bakunzi b’imyidagaduro ndetse na siporo by’umwihariko.

Mukuralinda yari Perezida wa Tsinda Batsinde ikina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri, ikagira n’irerero ry’umupira w’amaguru riyishamikiyeho riherereye mu Karere ka Rulindo.

Iyi ni imwe mu mpamvu zatumye Rwanda Premier League ishyiraho umwanya wo ku mwibuka, imenyesha amakipe yose y’Icyiciro cya Mbere ko "Ku mikino yose y’Umunsi wa 23 wa RPL, hazafatwa umunota wo kwibuka Alain Mukuralinda witabye Imana."

Usibye kugira ikipe, Mukuralinda witabye Imana ku myaka 55 ni umwe mu bahimbye indirimbo z’amakipe akomeye mu Rwanda. Izi zirimo ‘Tsinda Batsinde’ yahimbiye Amavubi, iya Rayon Sports, iya APR FC, iya Kiyovu Sports ndetse n’iya Mukura VS.

Uyu mugabo witabye Imana azize uburwayi bw’umutima, yakuze akunda umupira w’amaguru mbere yo kwinjira muri politiki, aho akiri umwana yakinnye umupira, arawutoza ndetse aranawusifura.

Alain Mukuralinda yitabye Imana azize uburwayi bw'umutima
Rwanda Premier League yashyizeho umwanya wo guha icyubahiro Alain Mukuralinda
Tsinda Batsinde ya Alain Mukuralinda yegukanye Igikombe cya Shampiyona y'Icyiciro cya Gatatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .