00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rwanda Challenger: Imbere ya Minisitiri Mukazayire, ab’inkwakuzi batangiye gusarura amanota

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 24 February 2025 saa 10:04
Yasuwe :

Abakinnyi ba mbere bamaze kubona itike yo kujya mu ijonjoro rya kabiri ry’imikino ya ’ATP Challenger 75 Tour’ iri kubera mu Rwanda ku nshuro ya mbere, umunsi wa mbere ukaba witabiriwe na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 24 Gashyantare 2025, ni bwo ku bibuga bya IPRC Kigali hatangiye kubera imikino mpuzamahanga ya ’ATP Challenger 75 Tour’ izakurikirwa na ’ATP Challenger 100 Tour’.

Iyi mikino yitabiriwe n’abakinnyi bakomeye, dore ko Abanyarwanda Niyigena Étienne, Muhire Joshua na Ishimwe Claude basezerewe batarenze ijonjora ryari kubafasha kwinjira mu bakinnyi 32 bakomeye bakina iri rushanwa.

Mu mikino yabaye kuri uyu munsi, abakinnyi bakomeje mu ijonjora rya kabiri ni Carlos Sanchez Jover watsinze Corentin Denolly, Valentin Royer watsinze Maxime Chazal, Lukas Neumayer watsinze Pennaforti Gabriele, Max Houkes watsinze Maxime Janvier ndetse na Carlos Taberner watsinze Andrea Picchione.

Hari kandi abakomeje mu rya mbere ari bo Andrej Martin watsinze Alafia Ayeni, Neil Oberleitner watsinze Daniel Michalski, Luka Pavlovic wakuymo Facundo Juarez, Guy Den Ouden wasezereye Jasza Szajrych, Dominik Kellovsky wakuyemo Franco Agamenone na Zdenek Kolar wasezereye Adrian Oetzbach..

Icyumweru cya mbere cy’iyi mikino kizakomeza gukinwa kugeza tariki ya 1 Werurwe 2025, mu gihe icya kabiri kizabamo imikino ya ATP Challenger 100 Tour kizakinwa kuva tariki ya 3 kugeza ku ya 9 Werurwe 2025.

ATP Challenger ni amarushanwa yitabirwa n’abakinnyi batandukanye, bagamije gushaka amanota abemerera gukina ATP Tour n’andi akomeye ku Isi.

Minisitiri Nelly Mukazayire yitabiriye imikino ya ATP Challenger 75 Tour
U Rwanda rwagaragaje ko rushoboye gutegura amarushanwa yo ku rwego mpuzamahanga
Minisitiri Mukazayire yageze muri IPRC Kigali, ahaberaga amarushanwa
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Uwayezu François Régis, na we yakurikiye iyi mikino
Abakinnyi batangiye guhatanira amanota
Ibibuga bya IPRC Kigali bikomeje kuberaho amarushanwa akomeye
Abakinnyi b'inkwakuzi batangiye gusarura amanota

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .