00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RIB yahamagaje abafana ba Kiyovu Sports

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 26 Mutarama 2023 saa 07:58
Yasuwe :

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwahamagaje abafana ba Kiyovu Sports kubera iperereza riri kubakorwaho. Ni nyuma y’imyitwarire idahwitse yabaranze ku mukino w’Umunsi wa 16 wa Shampiyona ikipe yabo yanganyije na Gasogi United 0-0.

Muri uyu mukino wabereye kuri Stade ya Bugesera ku wa 20 Mutarama 2023, abafana ba Kiyovu Sports batutse Umusifuzi Mukansanga Salima wawuyoboye, bamushinja kubabogamiraho.

Iyi myitwarire yahise inengwa kuva ku bafana ba Kiyovu Sports, ubuyobozi bw’iyi Kipe y’i Nyamirambo, ubw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA n’abandi.

Uyu munsi ni bwo RIB yatangaje ko yinjiye muri iki kibazo ndetse Umuvugizi wayo, Dr Murangira B. Thierry, yemereye IGIHE ko hari abafana b’iyi kipe bakurikiranywe.

Yagize ati “Nibyo koko hari abafana ba Kiyovu Sports bahamagawe kwitaba Ubugenzacyaha kubera iperereza riri kubakorwaho.”

Ibijyanye n’umubare w’abafana ba Kiyovu sports bari kubazwa cyangwa ibyaha bakurikiranyweho, byo kugeza ubu nta makuru yabyo aratangazwa.

Icyakora ku rundi ruhande hari amakuru avuga ko ibyo aba bafana bari kubazwa bifitanye isano n’ibiherutse kubera kuri Stade ya Bugesera ubwo Gasogi United yakiraga iyi kipe benshi bita Urucaca.

Hagati muri uyu mukino abafana batutse Umusifuzi Mukansanga Salima bamwita ko akecuye ndetse urangiye bongeye gushaka kumusagarira.

Mu mukino Gasogi United yakiriyemo Kiyovu Sports, ku munota wa 67 bamwe mu bafana batangiye guhata Mukansanga Salima wawuyoboye ibitutsi mu ndirimbo bagira bati "Urashaje, Urashaje.’’

Nyuma y’umukino ubwo Mukansanga yaganaga mu rwambariro yanyuze ku bafana ba Kiyovu Sports batangira kuririmba mu ndirimbo zuzuye ibitutsi bagira bati "Malaya, Malaya, Malaya.’’

Ubwo uyu musifuzi yari arenze uruzitiro rw’ikibuga cya Stade ya Bugesera, umwe mu bafana yamanutse ajya guhura na we ngo amusagarire ariko abashinzwe umutekano barahagoboka.

Nyuma y’ibi bikorwa bigayitse haba Kiyovu Sports ubwayo na FERWAFA bamaganye aba bafana ndetse batangaza ko bagomba gushakishwa bagafatirwa ibihano.

RIB yahamagaje abafana ba Kiyovu Sports nyuma y'imyitwarire idahwitse yabaranze ku mukino wahuje iyi kipe na Gasogi United wabereye mu Bugesera amakipe akanganya 0-0

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .