00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Premier League yanze ubusabe bwa Aston Villa itifuzaga gukina na Liverpool

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 14 February 2025 saa 05:47
Yasuwe :

Urwego rwa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bwongereza (Premier League), rwatesheje agaciro ubusabe bwa Ason Villa yifuzaga ko umukino wayo na Liverpool wakwimurwa kuko biyishyira mu bihe by’imikino icucitse.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Gashyantare 2025, ni bwo hashyizwe hanze umwanzuro wa Premier League ku busabe bwa Aston Villa, buyitegeka kuzakina na Liverpool tariki ya 19 Gashyantare, nkuko byanditse n’ikinyamakuru The Daily Telegraph.

Aston Villa yifuzaga ko uyu mukino wazashyirwa mu mpera za Werurwe 2025, kuko ari ho yari kuba idafitemo imikino myinshi, dore ko harimo umwe wa Premier League gusa.

Iyi kipe yagaragaje ko ifite irushanwa rya UEFA Champions League, ikagira FA Cup, ndetse na Premier League igeze aho rukomeye, kuko iri ku Munsi wa 24 aho amakipe ari gushaka amanota mu nzira zose zishoboka.

Kuva ubusabe bwateshejwe agaciro, Aston Villa izakina na Ipswich ku wa Gatandatu, tariki ya 15, ku wa Gatatu ku ya 19 ikine na Liverpool, tariki ya 22 ihure na Chelsea, ikine na Crystal Palace ku ya 25, mbere yo guhura na Cardiff ku ya 28.

Aston Villa yamaze kubona itike ya ⅛ cya UEFA Champions League, iri ku mwanya wa munani muri Shampiyona y’u Bwongereza n’amanota 37.

Premier League yanze ubusabe bwa Aston Villa busubika umukino yari ifitanye na Liverpool

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .