Donald Trump niwe wa mbere wakoze aya mateka, aho abandi bakoreshaga ikoranabuhanga cyangwa bakajya ku kibuga batari ku butegetsi.
Chiefs yahabwaga amahirwe yo kwegukana iki gikombe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya gusa yagowe n’uyu mukino cyane.
Igice cya mbere cyarangiye Eagles yatsinze Chiefs ibitego 24 ku busa.
Mu gice cya kabiri, Chiefs yagerageje kwikubita agashyi ariko kizigenza wayo Patrick Mahomes umukino ntiyagira ibihe byiza mu mukino, birangira bigize ingaruka ku ikipe yose.
Jalen Hurts yakomeje gufasha Eagles kwitwara neza, umukino urangira Philadelphia Eagles yatsinze Kansas City Chiefs ibitego 40-22 yegukana Super Bowl 2025.
Ni ku nshuro ya kabiri iyegukanye kuko iya mbere yayitwaye mu 2018. Jalen Hurts yabaye umukinnyi mwiza [MVP] wa Super Bowl ku nshuro ya kabiri.
Umuraperi Kendrick Lamar ni we wataramiye abitabiriye uyu mukino, mu gihe nk’ibisanzwe wongeye kwitabirwa n’ibyamamare bikomeye nka Lionel Messi, Jay Z, Taylor Swift n’abandi.




















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!