00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yakurikiye umukino wa Arsenal na Paris Saint-Germain

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 8 May 2025 saa 11:24
Yasuwe :

Perezida Kagame wagiriye uruzinduko mu Bufaransa, yakurikiye umukino wo kwishyura wa ½ cya UEFA Champions League, wahuje Arsenal na Paris Saint-Germain.

Ni umukino wakinwe mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 7 Gicurasi 2025, ukinirwa kuri stade ya Parc des Princes ndetse ukurikirwa n’abayobozi batandukanye barimo abanyapolitiki n’abanyamupira.

Muri bo harimo Perezida Paul Kagame wari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo. Hari kandi Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago i Burayi (UEFA), Aleksander Čeferin n’abandi.

Perezida Kagame yari i Paris, aho yanagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, byibanze ku mubano w’ibihugu byombi.

Ikipe Paris Saint-Germain itike yo kuzakina uyu mukino, nyuma yo gutsinda Arsenal ibitego 2-1, ikayisezerera ku giteranyo cy’ibitego 3-1. Aya makipe ni amwe mu afitanye imikoranire na Leta y’u Rwanda binyuze muri gahunda ya ‘Visit Rwanda’.

Perezida Kagame yakurikiye umukino wa Paris Saint-Germain na Arsenal
Perezida wa UEFA, Aleksander Čeferin, na we yari yitabiriye uyu mukino ukomeye
Perezida wa Paris Saint-Germain, Nasser Al-Khelaifi, yishimira intsinzi ya Paris Saint-Germain
Arsenal yananiwe kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League
Umuyobozi wa Arsenal, Josh Kroenke, yari muri Stade Parc des Prince yaberagamo umukino wa 1/2 cya UEFA Champions League
Umukinnyi wa Filime Omar Sy na Tony Parker wakanyujijeho muri Baskteball bakurikiye umukino wa Arsenal na PSG bizihiwe
Paris Saint-Germain yatsinze Arsenal ibitego 2-1 mu mukino wo kwishyura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .