00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame na Emir wa Qatar bakurikiye isiganwa rya Formula 1

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 1 December 2024 saa 11:32
Yasuwe :

Mu ruzinduko arimo muri Qatar, Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, ndetse bombi bakurikirana isiganwa rya Formula 1 rya Qatar Grand Prix.

Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, tariki ya 1 Ukuboza, ni bwo mu mujyi wa Doha muri Qatar hakiniwe isiganwa rya Formula 1.

Umuhanda Lusail International Circuit ni wo wari utahiwe kwakira isiganwa rya Formula 1 rya 23 muri 24 akinwa mu mwaka nk’uko biri ku ngengabihe y’uyu mukino wo gusiganwa mu tumodoka duto.

Abaturutse mu bihugu bitandukanye ku Isi berekeje muri iki gihugu gukurikirana iri rushanwa riyoboye ayandi mu yo gusiganwa mu modoka.

Perezida Kagame ari mu bitabiriye iri siganwa mu gihe u Rwanda rwahawe amahirwe yo kwerekanirayo umwihariko w’ubukerarugendo bwarwo n’aho rugeze imyiteguro y’Inama ya FIA, binyuze muri gahunda ya ’Visit Rwanda’.

Iri siganwa si irya mbere Perezida Kagame yitabiriye kuko hari n’andi yakurikiye arimo Singapore Grand Prix riheruka kuba muri Nzeri 2024. Aha kandi yahakurikiye irindi nk’iri ryabaye mu 2022, anagirana ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru wa Formula One Group itegura iri siganwa, Stefano Domenicali.

Perezida Kagame yaherukaga guhura na Emir wa Qatar muri Gashyantare uyu mwaka, ubwo bagiranaga ibiganiro byagarukaga ku mubano w’ibihugu byombi no ku bibazo by’akarere n’ibyo ku rwego mpuzamahanga.

Isiganwa ryegukanwe na Max Verstappen. Usibye kuba ari inshuro ya kabiri yegukanye Qatar Grand Prix yikurikiranya, uyu mugabo yanamaze kwegukana igikombe kuko arusha amanota bagenzi be mu gihe habura isiganwa rimwe.

We na bagenzi be bitwaye neza mu marushanwa yose agenzurwa n’Ishyirahamwe ry’Imikino yo gusiganwa mu modoka ku Isi (FIA), bazahemberwa i Kigali mu Nteko Rusange yayo iteganyijwe mu Ukuboza 2024.

U Rwanda kandi ruza imbere mu bihugu biri kugaragaza ko bifite umushinga mwiza wo kuba rwagarura Formula 1 muri Afurika nyuma y’imyaka 30 ribereye muri Afurika y’Epfo.

Perezida Kagame yakurikiye isiganwa rya Formula 1 ari kumwe na Emir wa Qatar
Perezida Kagame na Emir wa Qatar bagiranye ibiganiro ubwo habaga isiganwa rya Qatar GP
Max Verstappen ni we wegukanye Qatar GP
Max Verstappen ari mu bakinnyi basiganwa mu modoka bazitabira umuhango wo gutanga ibihembo ku bitwaye neza uzabera uzabera i Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .