Ni mu mukino wa nyuma uzamuhuza n’Umunya-Repubulika ya Czech, Jakub Menšík.
Nyuma yo kugera kuri uyu mukino, Djokovic yatangaje ko yishimira uko iri rushanwa yaryiteguye bityo byamufashije kwitwara neza.
Ati “Kuva nakwegukana igikombe cya 99 mu Mikino Olempike, nakomeje kwitegurira kuzatwara icya 100 kuko kizaba kidasanzwe. Ibyo ni byo ndi gukora muri iki cyumweru kandi mbabwije ukuri nishimiye cyane uko niteguye iri rushanwa n’uko ndi gukina.”
Djokovic yabonye amahirwe yo gukora amateka yo kwegukana iki gikombe mu Ukwakira 2024 ariko atsindwa na Jannik Sinner ku mukino wa nyuma wa Shanghai Masters.
Mu gihe kuri iki Cyumweru yabigeraho, yakwinjira mu mateka nk’umukinnyi wa gatatu wegukanye ibikombe 100, inyuma ya Jimmy Connors ufite 109 na Roger Federer wegukanye 103.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!