00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nkurunziza uyobora Kiyovu Sports yifuza ko Mvukiyehe Juvénal yemera amakosa mu ruhame

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 20 December 2024 saa 07:10
Yasuwe :

Nkurunziza David uyobora Kiyovu Sports ntateganya kugirana ibiganiro na Mvukiyehe Juvénal, mu gihe ataremerera mu ruhame ko ari we wahemukiye iyi kipe.

Ibi ni bimwe mu byo yavugiye mu kiganiro yagiranye na Radio/TV10, agaragaza ishusho y’imibereho ya Kiyovu Sports, kugeza ubu iteye inkeke abakunzi bayo kuko intsinzi yabaye iyanga.

Yavuze ko ibibazo byose byatewe n’ubuyobozi bwabanje ariko cyane cyane Mvukiyehe ugomba gusaba imbabazi abo yahemukiye.

Ati “Njyewe rwose ntabwo niteguye kuvugana na Juvénal [Mvukiyehe] mu gihe atarafata umwanzuro kuri ‘micro’ nk’uko imbere y’abantu, ngo avuge ati ‘nahemukiye ikipe, aya makosa aya n’aya ndayemera kuko ntaho nayahungira, ndi umutu, hari ibyo nakoze koko mbona bidakwiriye byajyanye ikipe mu ngorane’.”

Si ubwa mbere Nkurunziza agaragaje ko ibibazo byose ikipe irimo byatewe n’ubuyobozi bwabanjirije komite iriho, ariko hari gukorwa igishoboka cyose ngo ikipe izanzamuke.

Usibye imyenda ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bubereyemo abakinnyi n’abakozi b’ikipe, hari n’uduhimbazamushyi two mu bihe bitandukanye tutaratangwa kugeza uyu munsi.

Kiyovu Sports iri ku mwanya wa nyuma muri Shampiyona y’u Rwanda igze ku munsi wayo wa 14, ikaba ifite amanota umunani n’umwenda w’ibitego 17.

Nkurunziza David uyobora Kiyovu Sports ntiyifuza kuganira na Mvukiyehe Juvénal atarasaba imbabazi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .