00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria yashimye uko yakiriwe mu Rwanda, isaba ibindi bihugu kwigiraho

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 22 March 2025 saa 07:12
Yasuwe :

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, Éric Chelle, na Kapiteni wayo, William Troost-Ekong, bashimye uko u Rwanda rwabakiriye, ndetse ntibatinya kuvuga ko ari igihugu cyiza kurenza u Bufaransa.

Ibi ni bimwe mu byo batangarije mu kiganiro bagiranye n’itangazamakuru ku wa Gatanu, tariki ya 21 Werurwe 2025, ubwo bagaragazaga uko biyumva nyuma yo gutsinda Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, ibitego 2-0.

Ikipe y’Igihugu ya Nigeria yaherukaga gusohoka mu gihugu iwayo igiye gukina na Libya mu mukino wo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cya Afurika cya 2025.

Ni urugendo rutayigendekeye neza kuko yageze mu Mujyi wa Tripoli ikabura uko ikomereza i Benghazi n’imizigo yayo igafatirwa. Libya yakoze ibinyuranyinje n’amategeko ya CAF agenga imyitwarire mu ngingo yayo ya 31, iya 82 n’iya 151, icyo gihe yatewe mpaga inacibwa amande y’ibihumbi 50$.

Ibi bitandukanye n’uko Super Eagles yakiriwe igeze mu Rwanda, kuko yahawe byose bisabwa kugira ngo ikipe yitegure umukino, ndetse inacumbikirwa muri Radisson Blu Hotel iri mu nziza ziri i Kigali.

Uku kwakiranwa ubwuzu kwatumye Umutoza wa Nigeria, Éric Chelle, ahishura ko yari afite amatsiko menshi yo kugera mu Rwanda, ndetse uko yarubonye bituma abona ruruta u Bufaransa.

Ati “Namenye u Rwanda kubera ko ku mwambaro wa PSG [Paris Saint-Germain] handitseho ‘Visit Rwanda’, nashakaga gusura iki gihugu. Mwarakoze kunyakira.”

“Nakunze iki gihugu kuko buri kimwe gisa neza, abantu bose muhuye ubona bakwishimiye, bamwenyura. Mba mu Bufaransa ariko iki gihugu kiracyeye cyane kurenza u Bufaransa.”

Si uyu gusa kuko na Kapiteni wa Nigeria, William Troost-Ekong, yavuze ko atari ubwa mbere ageze mu Rwanda, ariko ibyo yahabonye byagakwiriye kubera isomo Abanyafurika bose.

Ati “Ni inshuro yanjye ya kabiri ndi mu Rwanda. Icya mbere nabonye ni iyi stade, ntekereza ko ari yo ya mbere nziza muri Afurika. Ni ikintu cyiza cyo kwishimira ku bikorwaremezo byo mu Rwanda biri ku rwego rwiza. Ibi biragaragaza ko u Rwanda ari urugero rwiza rw’ibikwiriye kuba bikorwa muri Afurika.”

“Ikindi abatuye uyu mugabane tugomba kuba umwe, u Rwanda ni urugero rw’uko bishoboka. Kuva ku kibuga cy’indege, muri hoteli, ahantu hose batwakiriye neza. Yego mu kibuga dushaka intsinzi, ariko iyo ifirimbi ya nyuma ivuze twongera kuba inshuti.”

Super Eagles yatsindiye mu Rwanda ibona amanota atatu yahise atuma iba iya kane n’amanota atandatu ku rutonde rw’Itsinda C mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

U Rwanda ni urwa gatatu n’amanota arindwi, Benin ifite umunani ni iya kabiri mu gihe Afurika y’Epfo ari iya mbere n’amanota 10. Lesotho y’atanu na Zimbabwe y’atatu ziri ku mwanya wa nyuma.

Ku wa Kabiri, tariki ya 25 Werurwe 2025, Amavubi azakira Lesotho muri uru rugendo rwo gushaka itike y’irushanwa rizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada.

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, Éric Chelle, asanga u Rwanda rucyeye kurenza u Bufaransa
Kapiteni wa Super Eagles, William Troost-Ekong, avuga ko nyuma yo kuva mu kibuga ubucuti n'Abanyarwanda bwongera bukabaho
NIgeria yishimiye uko yakiriwe mu Rwanda
William Troost-Ekong yasanze Stade Amahoro ari yo nziza muri Afurika mu zo yakiniyeho
Amavubi yananiwe kwikura imbere ya Nigeria

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .