00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria yahize ’gukoresha ba rutahizamu beza ku Isi’ igatsinda Amavubi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 20 March 2025 saa 07:30
Yasuwe :

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, Éric Chelle, na Kapiteni wa Nigeria, William Troost-Ekong, batangaje ko birangayeho mu mikino ibanza yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, ariko guhura n’u Rwanda ari nk’amahirwe ya kabiri.

Ibi babitangarije mu kiganiro bagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane, tariki ya 20 Werurwe 2025, ubwo bagaragazaga aho imyiteguro yabo igeze ku mukino bafitanye n’Ikipe y’u Rwanda.

Umutoza wa Super Eagles, Éric Chelle, yavuze ko u Rwanda ruri gushaka cyane intsinzi bitewe n’impinduka rufite mu batoza, ariko na we ari cyo cyifuzo afite.

Ati “Icyo dufite gukora ni ukwita ku ntsinzi yacu no kureba kuri gahunda twihaye. Bafite umutoza mushya ushaka intsinzi, ariko natwe ni uko. Ndizera ko twizeye neza ejo uzaba ari umunsi wacu.”

Yongeyeho ati “U Rwanda ni ikipe nziza ariko abakinnyi banjye nabasabye gushyira umutima kuri iki kintu, ngiye kubaha imyitozo ya nyuma ngo bazatsinde, gusa umupira w’amaguru ugira ibyawo."

Kapiteni w’iyi kipe, William Troost-Ekong yavuze ko kuba umutoza wabo ari mushya, biri mu bizatuma abakinnyi bitanga cyane kugira ngo azakomeze kubagirira icyizere.

Ati “Turi hano dufite akazi kamwe ko gutsinda. Ikipe y’u Rwanda yerekanye urwego rwo hejuru ubu turayubaha. Nubwo ari uko bimeze ariko, ikituraje ishinga ni ugutsinda. Dufite ba rutahizamu beza ku Isi usibye na Afurika, ibyo bizadufasha.”

Yongeyeho “U Rwanda ruturi imbere kuko ruyoboye itsinda. Ntitwahindura ahahise ngo tuyobore natwe, ariko byibuze dufite andi mahirwe imbere yacu ku mukino uzaduhuza.”

U Rwanda ruzakina na Nigeria, ku wa Gatanu, tariki ya 21 Werurwe 2025, kuri Stade Amahoro, mu mukino w’Umunsi wa Gatanu mu yo gushaka itike yo kujya mu Gikomb cy’Isi cya 2026.

Kugeza ubu Amavubi ari ku mwanya wa mbere n’amanota arindwi anganya na Benin na Afurika y’Epfo, Lesotho ya kane ikagira ane, Nigeria ya gatanu ikagira atatu, mu gihe Zimbabwe ya nyuma ifite abiri.

Nigeria yakoze ku bakinnyi bakomeye bayo mu rwego rwo kuzatsinda uyu mukino, kuko kuwutsindwa byatangiye kuyishyira mu mibare igoye mu rugendo rugana mu Gikombe cy’Isi.

Kapiteni wa Nigeria, William Troost-Ekong, yavuze ko Nigeria ifite ba rutahizamu beza ku Isi bityo igomba gutsinda Amavubi
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, Éric Chelle, yavuze ko gahunda ibazanye i Kigali ari ugutsinda umukino w'Amavubi
Rutahizamu kabuhariwe, Victor James Osimhen wa Galatasaray yo muri Turikiya, ni umwe mu beza bari i Burayi ndetse azifashishwa kuri uyu mukino
Nigeria yakoze ku bakinnyi bayo bose kugira ngo izikure imbere y'Amavubi
Abanyezamu batatu biteguye gufasha Nigeria kutazinjizwa igitego n'Amavubi
Victor James Osimhen yitezweho byinshi kuri uyu mukino, dore ko asanzwe ari mu bihe byiza
Abafana ba Nigeria babukereye, bahize gutsinda Amavubi

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .