00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ngabo Roben yerekeje kuri Radio/TV10

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 16 February 2025 saa 01:50
Yasuwe :

Ngabo Roben wari Umuvugizi wa Rayon Sports, yatangajwe nk’umunyamakuru wa Radio/TV10, ariko akaba azakomeza gufasha ikipe mu birebana n’itangazamakuru.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 16 Gashyantare 2025, ni bwo ubuyobozi bwa Radio/TV10 bwatangaje ko bwakiriye umunyamakuru mushya uzajya ukora ibiganiro bya siporo.

Uyu ni Ngabo Roben wari umaze igihe ari umunyamakuru wa Rayon Sports mu kiganiro Rayon Time, ariko akaba yakoraga aka kazi abifatanya no kuba Umuvugizi w’iyi kipe ndetse anashinzwe itangazamakuru ryayo.

Ngabo yerekeje kuri Radio/TV10, yaranyuze ku bindi bitangazamakuru nka Isango Star, Radio&TV1, Umuseke ndetse na IGIHE.

Nubwo azakomeza gukoresha imbuga nkoranyambaga z’iyi kipe, Gikundiro ikaba igiye kongera gushaka umuvugizi wayo mushya.

Yerekeje kuri iyi radiyo asangayo abandi basanzwe bakora mu biganiro by’imikino nka Hitimana Claude, Ephraim Kayiranga, Jean Claude Kanyamahanga, Ishimwe Adelaide n’abandi.

Kugeza ubu Rayon Sports FC iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda, aho ifite amanota 40 ikarusha atandatu APR FC iyikurikiye.

Ngabo Roben yagizwe umunyamakuru wa Radio/TV10

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .