00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Neymar yaciye amarenga yo kujya muri Inter Miami ikinamo Messi na Suárez

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 7 January 2025 saa 04:51
Yasuwe :

Neymar Santos Júnior yaciye amarenga ko ashobora kongera kwiyunga kuri Lionel Messi na Luis Suárez bakinanye muri FC Barcelone yo muri Espagne, bari muri Inter Miami.

Mu ntangiro z’umwaka ushize ni bwo hagiye hanze amakuro ko uyu mukinnyi ashaka kujya gukina muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nubwo akiri umukinnyi wa Al Hilal yo muri Arabie Saoudite.

Mu kiganiro yagiranye na CNN yabajijwe kuri aya makuru amuvugwaho, agaragaza ko byose mu mupira w’amaguru bishoboka.

Ati “Gukinana na Messi na Suárez ni iby’akataraboneka. Ni inshuti zanjye kandi turacyahuza kugeza uyu munsi. Kongera kubona ubutatu bwacu byaba biryoshye, gusa ubu ndi umukinnyi wa Al Hilal nubwo ruhago yuzuyemo gutungurana.”

Mbere y’uko Neymar afata umwanzuro wo kubasohokamo akajya muri Paris Saint-Germain, bafashije FC Barcelone bishoboka kuko yinjije ibitego 364 ndetse banahana imipira ivamo ibitego 173.

Suárez aherutse kongera amasezerano ye muri Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bizatuma akomeza gukinana na Messi kugeza mu mpera z’umwaka w’imikino wa 2025.

Neymar aracyafite amasezerano muri Al Hilal azarangira mu mpeshyi itaha
Neymar yagaragaje ko kongera kwiyunga kuri Messi na Suárez bishoboka
Lionel Messi na Luis Suárez babanye neza muri Inter Miami

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .