Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 8 Mata 2025, abunyujije ku mbuga nkoranyambaga za APR FC.
Uyu mukinnyi ukomoka muri Uganda, yavuze ko ari ibihe bikomeye mu gihe Abanyarwanda bibuka inzirakarengane z’Abatutsi zambuwe ubuzima mu 1994.
Ati “Uyu ni umugoroba ukonje hano mu Rwanda, ubu ni ubutumwa bwanjye ku Banyarwanda aho bari hose ku Isi. Uyu munsi hashize imyaka 31 duhagurukira rimwe tukibuka ubuzima bw’abahitanywe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.”
“Mureke duhe agaciro abambuwe ubuzima, dufate no mu mugongo abayirokotse. Mureke urukundo rutuyobore, maze twibuke duharanira ko ibyabaye bitazongera ukundi.”
Denis Omedi wakiniraga Kitara FC yageze muri APR FC muri Mutarama 2025, akaba ari umukinnyi wayo mu gihe cy’imyaka ibiri.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!