00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Meya Nahayo na Perezida wa FERWAFA bahaye umukoro abazahagararira Kamonyi mu ‘Amashuri Kagame Cup’

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 February 2025 saa 11:30
Yasuwe :

Meya w’Akarere ka Kamonyi, Dr. Nahayo Sylvère, yasabye amakipe azahagararira aka Karere mu marushanwa “Amashuri Kagame Cup” kurushaho kwitegura neza kugira ngo azabashe kugera ku rwego rw’igihugu no kwegukana ibikombe.

Yabivuze kuri iki Cyumweru, tariki ya 16 Gashyantare 2025, ubwo kuri Stade ya Ruyenzi i Runda haberaga imikino ya nyuma mu marushanwa “AmashuriKagameCup”, yahujwe n’nsanganyamatsiko igira iti “Imiyoborere Myiza, Umusingi w’Iterambere”.

Abandi bitabiriye iki gikorwa barimo Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Munyantwali Alphonse; Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Rugby, Kamanda Tharcisse, abayobozi mu Ishyirahamwe ry’Imikino n’Umuco mu Mashuri (FRSS) n’abakanyujijeho mu mupira w’amaguru bakiniye Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’.

Nyuma y’umukino w’umupira w’amaguru, ikipe ya Runda TSS yatsinzemo ECOSE Musambira ibitego 2-1, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr. Nahayo Sylvère, yibukije amakipe yatsindiye kuzahagararira aka Karere ko agomba gukora cyane, akazitwara neza mu cyiciro gikurikiyeho.

Ati “Nk’uko mubizi hazasohoka amakipe abiri muri buri mukino, bisaba ko abantu bitegura cyane, bakitoza neza, natwe turahari ngo tubabe hafi kugira ngo muzabashe kwitwara neza. Turizera ko bizaba nk’ibisanzwe, nk’uko turi Abesamihigo, amakipe yacu aduhagararira akagera kure, akegukana ibikombe.”

Perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse, wishimiye urwego rw’abakinnyi yabonye n’ibikorwa by’umupira w’amaguru byubatswe muri aka Karere ka Kamonyi, yijeje kuzakomeza gufatanya n’aka Karere mu guteza imbera umupira w’amaguru.

Ati “Aya marushanwa ubwayo ni ho abafite impano bagaragarira kandi turabona mubishyizemo ingufu, natwe tuzabashyigikira, tuzajyana namwe.”

Yibukije ko siporo ifite akamaro kanini, katari ugutanga ibyishimo n’amafaranga gusa, ahubwo no kugira ubuzima bwiza. Yijeje ko FERWAFA izatanga imipira ku makipe abiri yitwaye mu mupira w’amaguru mu bahungu n’abakobwa, kugira ngo arusheho kwitegura neza imikino iri imbere, azabashe kwitwara neza.

Umuyobozi w’Ishuri rya St Bernadette Kamonyi akaba n’Umuyobozi mu Ishyirahamwe rya Siporo yo mu Mashuri ku rwego rw’Akarere ka Kamonyi, Padiri Majyambere Jean d’Amour, yashimiye abitabiriye iki gikorwa, avuga ko bafite intego yo gukomeza kurera impano z’abakinnyi mu mikino itandukanye.

Kamonyi ibarizwa muri ‘Ligue Centre 2’ ihuriyemo n’uturere twa, Muhanga, Ruhango na Nyanza mu mu gihe mu gihugu hose habarizwa ‘ligues’ esheshatu.

Biteganyijwe ko muri Gicurasi ari bwo hazakinwa imikino ya nyuma ku rwego rw’igihugu, izahuza amakipe meza muri buri ‘ligue’.

Amakipe azahagararira Akarere ka Kamonyi mu batarengeje imyaka 13 ni: GS Nyarusave, GS Kiyonza, GS Buguri na GS Nyamiyaga mu mupira w’amaguru; Dignity Academy, GS Mpushi, Dignity Academy na GS Mpushi muri Basketball mu bakobwa n’abahungu.

Muri Volleyball ni GS Mpushi, GS Muganza, EP Nyakabuye na GS Nyamiyaga.

Mu batarengeje imyaka 20 hari GS Remera Rukoma, GS St. Dominique, Runda TSS na ECOSE Musambira mu mupira w’amaguru w’abakobwa n’abahungu.

Hari kandi ESB Kamonyi, ES Marie Adelaide, ESB Kamonyi na ECOSE Musambira muri Basketball; ESB Kamonyi, ES Marie Adelaide, ES Rutobwe na ESB Kamonyi muri Volleyball.

Muri Handball hari GS Remera Indangamirwa na GS Buguri mu bahungu; muri Rugby hari Kayenzi TSS na GS Bugoga mu bahungu mu gihe muri Netball hari ES Marie Adelaide mu bakobwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr. Nahayo Sylvère na Perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse, bareba umukino wa nyuma w'umupira w'amaguru kuri Stade ya Ruyenzi
Abayobozi bifotozanyije n'amakipe yakinnye umukino wa nyuma
Kuri iki Cyumweru, habaye imikino itandukanye ku makipe azahagararira Akarere ka Kamonyi
Umuyobozi wa Tekinike mu Ishyirahamwe ry'Imikino mu Mashuri akaba n'umwe mu bashinzwe siporo mu mashuri mu Karere ka Kamonyi, Habiyambere Emmanuel, asuhuza abakinnyi
Meya Nahayo; Perezida wa FERWAFA, Munyantwali na Padiri Majyambere Jean d'Amour basuhuza abakinnyi mbere y'umukino
Abafana bari benshi kuri Stade ya Ruyenzi biganjemo abanyeshuri bari baje gushyigikira bagenzi babo
Amakipe yabaye aya mbere yahawe ibikombe ndetse n'ayabaye aya kabiri arashimirwa
Umuyobozi mu Ishyirahamwe rya Siporo yo mu Mashuri ku rwego rw’Akarere ka Kamonyi, Padiri Majyambere Jean d’Amour

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .