00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Masai Ujiri yashyize u Rwanda mu bihugu bifite ubushobozi bwo kwakira imikino ya NBA

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 27 Mutarama 2023 saa 03:20
Yasuwe :

Umuyobozi wa Toronto Raptors, Masai Ujiri, yatangaje ko u Rwanda na Sénégal ari byo bihugu byo ku mugabane wa Afurika, bifite ubushobozi bwo kwakira imikino ya shampiyona ya Basketball yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA).

Ujiri yatangarije BBC ko imbogamizi ikomeye umugabane wa Afurika ufite ari ibikorwaremezo bidahagije.

Yagize ati “Hari imbogamizi ikomeye muri Afurika. Ibi bihugu ntabwo bifite ibibuga (Arena). Gusa hari bimwe byabasha kwakira iyi mikino nk’u Rwanda; Perezida Kagame yubatse Arena mu 2019 ndetse na Macky Sall wayubatse muri Sénégal mu 2018.”

Uyu mugabo ukomoka muri Nigeria, yakomeje avuga ko mu gihe NBA yakomeza kubishyiramo imbaraga, Raptors ayobora izashyigikira iki gikorwa.

Ati “Dufite abakinnyi benshi bakomoka muri Afurika niyo mpamvu twifuza ko aya mahirwe yagerwaho. Hari n’andi mazina menshi akomeye muri NBA nayo ashyigikiye iki gitekerezo nka Adam Silver, Amadou Fall na Victor Williams kandi twizeyeko bizakunda.”

Ujiri atangaje ibi nyuma y’Umuyobozi wa BAL, Amadou Gallo Fall, watangaje ko bari mu biganiro na NBA, bigamije kuzana imikino yo kwitegura NBA muri Afurika ku nshuro ya mbere mu mateka.

Imikino ifite aho ihuriye na NBA yaherukaga kubera muri Afurika mu 2015, 2017 na 2018 mu mikino y’ubusabane bw’ikipe igizwe n’abakinnyi bakomoka muri Afurika bahanganye n’abasigaye bose.

Umuyobozi wa Toronto Raptors, Masai Ujiri yatangaje ko u Rwanda na Senegal ari byo bihugu byo ku mugabane wa Afurika bishobora kwakira imikino ya NBA
Binyuze mu mushinga we Masai Ujiri yavuguruye ikibuga cya Club Rafiki
Masai Ujiri asanzwe ari inshuti y'u Rwanda
Perezida wa BAL, Amadou Gallo na we aherutse gutangaza ko bari mu biganiro bigamije kuzana imikino ya NBA muri Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .