00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Luis Rubiales yaciwe arenga ibihumbi 11$ kubera gusoma umukinnyi ku ngufu

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 21 February 2025 saa 06:55
Yasuwe :

Luis Rubiales wahoze ari Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Espagne, yahanishijwe gutanga ibihumbi 11.300$ kubera ashinjwa ihohoterwa yakoreye umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’abagore ya Espagne witwa Jenni Hermoso.

Mu 2023, ubwo abakinnyi n’abayobozi b’umupira w’amaguru muri Espagne bishimiraga intsinzi yo gutwara igikombe cy’Isi bahigitse u Bwongereza, Rubiales yasomye abakinnyi bose ku itama ageze kuri Hermoso amusoma ku munwa batabivuganye.

Uyu mugabo yakomeje guhakana ibyo aregwa, ariko ahanishwa ibihano bitandukanye birimo kwegura ku buyobozi bwa ruhago muri Espagne, ndetse no guhagarikwa mu bikorwa byose bigendanye na yo.

Tariki ya 4 Gashyantare 2025, yagejejwe imbere y’ubutabera aburana ku byaha aregwa, ubushinjacyaha bukamusabira igifungo cy’umwaka umwe ku birego by’ihohotera yakoze, n’undi mwaka n’igice kubera gukoresha umuntu ikintu adashaka, no gushyira ku gitutu kuri Hermoso kugira ngo yemere ko basomanye babyumvikanyeho.

Ibi byose yabihakanye yivuye inyuma, ariko urukiko rwamuhamije ibi byaha, gusa rumuhanisha gutanga 11.300$, akajya aguma kure ya Hermoso ho metero 200 ndetse agahagarika icyamuhuza na we cyose.

Luis Rubiales yahanishijwe kwishyura arenga ibihumbi 11$
Luis Rubiales yasomye Hermoso ku ngufu
Luis Rubiales yakumiriwe mu bikorwa bya siporo
Luis Rubiales yasabwe kutegera Hermoso muri metero 200
Luis Rubiales kandi yasabwe kutongera kuvugisha Hermoso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .