00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Formula 1: Lewis Hamilton nta gahunda yo guhagarika gukina afite

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 20 February 2025 saa 11:33
Yasuwe :

Lewis Hamilton ufite amateka akomeye mu mukino wa Formula 1, yagaragaje ko yizeye kwegukana iri rushanwa ku nshuro ya munani kuko ubu noneho afite byose bimufasha, ndetse aramutse ayitwaye adatekereza guhagarika gukina.

Ibi ni bimwe mu byo uyu mugabo w’imyaka 40 yatangaje nyuma y’uko ikipe ye ya Ferrari imuhaye imodoka nshya azajya yifashisha mu marushanwa, dore ko yari yagaragaje ko imodoka ikiri imbogamizi.

Hamilton yahise avuga ko uko abona ibintu muri iyi minsi, byerekana ko azegukana Shampiyona ya Formula 1.

Ati “Nzi uko ikipe itsinda iba imeze, nta muntu n’umwe uzi ukuntu abantu bari hano bari gukora ibintu babikunze, buri kantu kose gasabwa ngo dutware shampiyona y’Isi, karahari. Ikikiri kubura ni ukubihuza gusa.”

“Icya mbere dufite umuyobozi mwiza, Fred Vasseur, hari John Elkann, Benedetto Vigna, mugenzi wanjye [Charles Leclerc] dukinana ni mwiza, mbese buri wese ameze neza ku byo ari gukurikirana. Niba rero ibyo tubona bihagije ngo dutsinde, nta kizatuma mpagarika gukina. Sinjya nibona nahagaze.”

Hamilton ufite amateka yo kuba ari mu bakinnyi babiri begukanye Formula 1 inshuro nyinshi zigera kuri zirindwi, ashaka gushyiraho agahigo yihariye nubwo bivugwa ko bizagorana kwisanga muri Ferrari.

Amasiganwa ya Formula 1 ya 2025, ateganyijwe gutangirira muri Australia tariki ya 16 Werurwe 2025.

Charles Leclerc azakinana na Lewis Hamilton muri Ferrari
Lewis Hamilton abona buri wese muri Ferrari ari mu bihe byiza bigana ku ntsinzi
Lewis Hamilton yishimiye ibihe arimo muri Ferrari
Lewis Hamilton yahawe imodoka yizeye ko izamufasha kwegukana Formula 1

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .