00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

KNC yihannye umusifuzi Nizeyimana Isiaq, asaba Minisitiri wa Siporo kwita ku karengane muri ruhago

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 11 March 2025 saa 10:58
Yasuwe :

Perezida wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles (KNC), yarakaye bikomeye agaragaza ko atifuza na rimwe umusifuzi Nizeyimana Isiaq, ndetse avuga ko Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly, akwiriye kujya ku kibuga akareba akarengane gakorerwa amakipe.

Ibi yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 11 Werurwe 2025, abinyujije kuri Radio/TV1 abereye umuyobozi, agaragaza uko biteguye umukino uzahuza Gasogi United FC na APR FC.

Ni umukino w’Umunsi wa 21 wa Shampiyona y’u Rwanda uteganyijwe kubera kuri Kigali Pelé Stadium, ku wa Gatanu, tariki ya 14 Werurwe 2025.

Uyu ni umukino ugiye guhuza aya makipe yombi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, nyuma y’iheruka yo mu Gikombe cy’Amahoro yasize Gasogi United FC isezerewe.

Ntabwo KNC yemera ko yasezerewe binyuze mu mucyo, kuko umusifuzi Nizeyimana Isiaq yakoze amakosa mu mukino hagati yatumye ikipe ye itagera ku ntego yari yihaye.

Agaragaza ko abasifuzi bose bakwiriye kwigira kuri Ishimwe Claude bita Cyucyuri, bagasifura binyuze mu mucyo, banakora amakosa akaba ari ukwibeshya bisanzwe.

Ati “Ntabwo abantu bose bajya bavuga ngo bakeneye Cyucyuri. Yavamo bangahe? N’abandi mugerageze mube inyangamugayo. Na we ni umuntu ashobora kuzinduka nabi, ariko ikosa yakoze ni ikosa rishobora kubaho.”

KNC yakomeje avuga ko bitewe na Nizeyimana uhora ukora amakosa ahangayikisha ikipe ye, atamwifuza mu bazajya bayisifurira.

Ati “Ku mukino wa Musanze wabonye ibintu yadukoze, ku ikosa ryakorewe Yawanendji-Malipangou, yarangiza ariko ngo urumva [..], kubera iki umuntu umwe ari we udukorera ibibazo? Ni ukuri kw’Imana, sinjye ntegeka abasifuzi ariko umusifuzi Isiaq nkwihannye imbere y’Imana isumba byose.”

“Nibamuduha uzareba ikizaba, ntabwo nzamurega kuko uwo urega ni we uregera, ahubwo mbere yo kwica gitera uzice ikibimutera. Ibi birareba Ambroise [Hakizimana] uri muri Federasiyo na Louis [Hakizimana]. Akarengane kabaye karahagije, ndasaba na Minisitiri [wa Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire] aze arebe akarengane gakorerwa amakipe.”

Uyu mugabo uzwiho kutihanganira amakosa akorerwa mu mikino y’ikipe ye, yasabye ko habaho ubutabera agahangana n’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, hagatsinda ikipe ibikwiriye.

Ati “APR FC izadutsinde kuko ikwiriye kudutsinda natwe tuyitsinde kuko twabiruhiye. Muri ‘Derby’ mwabonye ibisa n’umupira, ibitego tuzabiteramo wenda babyange.”

Kugeza ubu Gasogi United FC iri ku mwanya wa cyenda wa Shampiyona y’u Rwanda n’amanota 25, mu gihe izaba ihanganye na APR FC ifite 41 ikarushwa abiri na Rayon Sports FC iyoboye.

KNC yanze ko umusifuzi Nizeyimana Isiaq, azongera guhabwa imikino ya Gasogi United
Gasogi United na APR FC bizacakirana ku wa Gatanu
Nizeyimana Isiaq yikomwe n'ubuyobozi bwa Gasogi United butamushira amakenga
Minisitiri Mukazayire yasabwe na KNC kujya ajya ku mikino akareba akarengane amakipe ahura na ko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .