Kenya iri mu bihugu byahawe kuzakira Igikombe cya Afurika gihuza amakipe y’ibihugu ku bakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN), iteganyijwe muri Kanama 2025, ndetse n’Igikombe cya Afurika kizaba u 2027.
Imyiteguro yo kubona ibibuga Kenya izakiriraho yakomeje kugorana cyane kubera gutinda kuvugururwa kw’ibyo izakoresha, ariko yongererwa igihe cyo kwitegura n’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF).
Kugira ngo ubuziranenge bwabyo burusheho kwizerwa, Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago muri Kenya (FKF), Hussein Mohammed, uri no mu kanama gashinzwe gutegura iyi mikino Nyafurika, yemeje ko ibi bibuga bigomba kwakira imikino yo kubisuzuma.
Ibi kandi byashimangiwe n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe gukurikirana imyiteguro ya AFCON na CHAN muri Kenya, Myke Rabar.
Yagize ati “Turashimira CAF yaduhaye amahirwe yo kurushaho gukarishya ubushobozi bwo kuzakira aya marushanwa. Ibi bizatuma irushanwa rigenda neza birenze ibisanzwe mu marushanwa Nyafurika.”
Iyi ni yo mpamvu hemejwe ko imikino yo mu rugo yo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi cya 2026 izabera iwayo harimo uwa Gabon, uzakinirwa kuri Nyayo National Stadium.
Harambee Stars yakiriraga muri Malawi, iri ku mwanya wa kane mu Itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, isangiye na Côte d’Ivoire iyoboye, Gabon, Burundi, Gambia na Seychelles.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!