00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Karongi: Hagiye kubakwa ikibuga kigezweho kizashyirwamo ’Tapis’

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 1 March 2025 saa 04:33
Yasuwe :

Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’u Bufaransa na Luxembourg, byatangije imirimo yo kubaka ikibuga cy’umupira w’amaguru mu Karere ka Karongi, kikaba kizaba cyubatswe mu buryo bugezweho kuko kizaba kirimo ‘tapis synthetique’.

Igikorwa cyo gutangiza iyi mirimo cyabere i Nyamishaba mu Murenge wa Bwishyura wo mu Karere ka Karongi, mu Ishuri rikuru ry’u Rwanda ry’Imyuga n’Ubumenyingiro, Rwanda Polytechnic (RP), ishami ryayo rya Karongi.

Aha kandi ni ho hazubakwa iki kibuga kizaba kiri kumwe n’ikindi cya Basketball, byombi biteganyijwe ko bizaba byuzuye mu gihe kitarenze amezi 12.

Abatuye aka bakunze kuvuga bakomwaga mu nkokora no kutagira ibibuga byujuje ibisabwa, byajya bibafasha gukora siporo mu mibereho yabo ya buri munsi.

Umutoni Angella, umunyeshuri muri RP-Koleji ya Karongi, yabwiye IGIHE ko ikibuga cya basketball bakiniragaho cyari gishaje, igishya kizaba ari igisubizo.

Ati "Ntabwo twabonaga uko dukora imyitozo neza kuko akenshi twavaga mu masomo bwije hatabona.Tugiye kubona ikibuga cyiza, impano zacu zigiye kwaguka, kandi bizadufasha no mu myigire kuko imikino idufasha kuruhuka mu mutwe.”

Sosiyete ya G-Fankus Ltd yakoze inzira y’abakora siporo bashobora kwirukiramo iherereye i Nyarutarama ndetse no mu ihuriro ry’imihanda ya Kimihurura, ni imwe mu zigiye kubaka iki kibuga.

Umuyobozi wa G-Frankus Ltd, François Tuyitegereze, yavuze ko iki kibuga kizashyirwaho aho abareba umupira bicara, kigakorerwa uruzitiro, kigahabwa ubwihererero ndetse kikanashyirwamo ubwatsi bugezweho.

Tuyitegereze akomeza avuga ko kuba iki kibuga kigiye kubakwa n’Abanyarwanda, bivuze ko atari abanyamahanga gusa bashoboye.

Ati "Ubundi byari bimenyerewe ko ibintu bya tekinike nka biriya bazana abanyamahanga, ariko bigaragara ko ubumenyi bw’Abanyarwanda bumaze kugera ku ntambwe ishimishije".

Umuyobozi w’Agateganyo wungirije w’Akarere ka Karongi ushinzwe ubukungu n’iterambere, Nsabimana Maurice, yavuze ko iki kibuga ari kimwe mu bisubizo by’imikoranire myiza ya Leta y’u Rwanda n’ibindi bihugu.

Ati “Uyu ni umwe mu misaruro iba yaravuye mu mubano mwiza n’amasezerano dufitanye n’ibindi bihugu.”

Imirimo yo kubaka ikibiga kigezweho mu Karere ka Karongi yatangiye
Ikibuga kigiye gusubiza ibibazo by'abakora siporo i Karongi
Visi Meya Nsabimana avuga ko iki kibuga ari umusaruro w'ubufatanye u Rwanda rufitanye n'ibindi bihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .