00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kanangire na Kalimpinya bitwaye neza muri Shampiyona y’Igihugu yo Gusiganwa mu Modoka bahembwe

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 15 March 2025 saa 08:30
Yasuwe :

Kanangire Christian wahize abandi na Queen Kalimpinya wegukanye ibihembo byinshi bari mu bahawe ibihembo mu muhango wo gutangiza umwaka mushya wa Shampiyona y’Igihugu yo Gusiganwa mu Modoka.

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 14 Werurwe 2025, ni bwo Ishyirahamwe ry’Umukino wo Gusiganwa mu Modoka (RAC), ryatangije ku mugaragaro umwaka w’imikino.

Ni ibirori byahurijwe hamwe no gutanga ibihembo ku bitwaye neza mu mwaka wa 2024, hahembwa abakinnyi mu byiciro bitandukanye ndetse n’abaterankunga barifashije kugenda neza barashimirwa.

Perezida wa RAC, Gakwaya Christian, yashimiye abagize uruhare mu mwaka wa 2024 ukagenda neza, ariko yibutsa abanyamuryango ko akazi gasigaye ari ko kenshi mu kuzamura urwego rw’uyu mukino.

Ati “Umwaka wa 2024 wabaye mwiza cyane kuko twagize Shampiyona ya Rally. Twagize ibintu byinshi kandi bitandukanye kuko twanakiriye Inteko Rusange ya FIA. Isi yose yari mu Rwanda kandi ni ikintu kigomba kudufasha no mu yindi myaka dusigaje.”

Yongeyeho ati “Dufite inshingano zo kuzamura siporo kandi mu gihe gito. Niba hari ibyo twakoze mu myaka 10 ishize, ubu dufite itatu gusa yo gukora ibirenzeho. Imbaraga zose zari muri Rally na yo ikatuvuna, ariko bitarenze imyaka ibiri tuzaba dufite imikino itanu. Iyo mikino irimo Karting, Rally, Crosscar, Four by Four n’indi.”

Muri rusange, mu 2024, Karisimbi Motorsport Team niyo yitwaye neza kuko yagize amanota aruta ay’izindi. Icyakora Queen Rally Team igizwe na Queen Kalimpinya wakinanaga na Ngabo Olivier nayo yahembwe nk’ikipe y’abakinana mu modoka imwe, bitwaye neza.

Kalimpinya kandi yahawe igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umwaka mu Cyiciro cy’Abagore, ndetse n’Igihembo cy’Umukinnyi ukiri muto.

Muri iki cyiciro kandi, umukinnyi witwaye neza mu bafasha abatwara imodoka ni Sandrine Isheja Butera, ukinana na Giancarlo Davite.

Muri rusange umukinnyi witwaye neza mu mwaka wa 2024, yabaye Kanangire Christian, nyuma yo kugira amanota menshi mu masiganwa yabaye. Umukinnyi mwiza wahize abandi mu gufasha utwara ni Mugabo Claude.

Mu bindi bihembo byatanzwe harimo icy’umukinnyi witwaye neza mu gutwara imodoka itari iya (4×4), ikaba ikururira inyuma gusa cyangwa imbere gusa, ni Semana Jeunesse.

Uyu muhango wo gutanga ibihembo wari umaze imyaka ibiri itaba kubera kutuzuza umubare w’amasiganwa yemewe ngo shampiyona ibeho. Uyu mwaka hakaba harabaye amasiganwa ane nk’uko biteganywa n’amategeko.

Wari umuhango w'ubusabane ku bakina n'abategura amasiganwa yo mu modoka
Abaterankunga bagira uruhare runini mu gutuma habaho amasiganwa menshi
Abitwaye neza mu 2024 bagenewe ibihembo
Queen Kalimpinya yaserukanye n'umubyeyi we
Wari umugoroba w'ubusabane ku bakinnyi basiganwa mu modoka
Gakwaya Christian yavuze ko mu myaka itatu iri imbere amasiganwa agomba kuba menshi kandi yitabirwa cyane
Abahagarariye abaterankunga bari bitabiriye umuhango
Kalisimbi Rally Team iri mu zigira uruhare mu kurema abakinnyi beza
Kanangire Christian yabaye umukinnyi mwiza wa 2024
Kanangire Christian yaserukanye n'umugore we
Gakwaya Christian ashimira umwe mu baterankunga
Akagera Business Group yahembwe mu bafashije isiganwa kugenda neza
Queen Kalimpinya yajyanye n'umubyeyi we gufata igihembo
Perezida wa RAC, Gakwaya Christian, ni we watanze ibihembo
Queen Kalimpinya yabaye umugore wahize abandi mu 2024
Giancarlo Davite ni we wahawe igihembo cya Sandrine Isheja ngo azakimushyikirize, dore ko bakinana
Mugabo Claude yabaye umukinnyi mwiza ufasha utwara (Best Co-Driver)
Kanangire Christian ni umwe mu bakinnyi bamenyereye amasiganwa ya Rally
Abakinnyi bose bitwaye neza mu mwaka wa 2024
Yannick Dewalque wabaye umukinnyi wa Rally, ni umwe mu bitabiriye uyu muhango

Amafoto: Kwizera Hervé


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .