00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iteramakofe: Amakipe yo mu Rwanda yeretswe impamvu uwo mukino ugwingira

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 5 April 2025 saa 10:45
Yasuwe :

Abatoza mpuzamahanga mu mukino w’Iteramakofe bamaze iminsi batanga amahugurwa mu makipe yo mu Rwanda by’umwihariko iya Bodymax Boxing Club, bagaragaje ko hari icyuho kinini mu mukino gituma udatera imbere.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 5 Mata 2025, ni bwo habaye igikorwa cyo gusoza amahugurwa yatanzwe n’abatoza baturutse muri Uganda barimo babiri babiherewe uburenganzira n’Ishyirahamwe ry’umukino w’Itaramakofe ku Isi (IBA).

Abo batoza ni Hamiss Sebbuma na Semakalu Charles bafite impamyabushobozi ya 1-Star, iha umutoza ubushobozi bwo gutoza no gutanga amahugurwa mu makipe y’imbere mu gihugu no mu Karere.

Semakalu wari uyoboye bagenzi be yavuze ko bakigera mu Rwanda babonye umukino watera imbere bigashoboka ariko hakiri bimwe byo kongeramo imbaraga, ari na byo bizakorwa mu masezerano yasinywe ku mpande zombi.

Ati “Twaje mu Rwanda kuko dushaka ko umukino w’Iteramakofe ujya mu mikino yateye imbere, kuko iyo urebye usanga urwego rwawo rukiri hasi. Turashaka ko Abanyarwanda bitabira kandi bakitwara neza mu marushanwa yo ku rwego rw’Isi nk’Imikino Olempike.”

“Urebye Abanyarwanda bakunze umukino, ariko aho twasuye hose bigaragara ko biri hasi cyane. Urebye harabura imbaraga ku bakinnyi, imyitozo ntabwo ihagije, ikindi kandi ibikoresho n’aho gukorera haracyari hake, ndatekereza ko amasezerano twasinye azadufasha kubigeraho.”

Ubufatanye bw’impande zombi buzatuma abakinnyi bo mu Rwanda babona amarushanwa muri Uganda, dore ko mu zindi mbogamizi zigihari ari ukubona Abanyarwanda mu marushanwa yo hanze y’igihugu nk’uko byagarutsweho n’Umuyobozi wa BodyMax, Asmini Emma.

Yagize ati “Batweretse urwego turiho n’aho twashyira imbaraga, abayobozi, abakinnyi ndetse n’abatoza babyumvise. Nidushyira mu ngiro ubumenyi baduhaye abana b’Abanyarwanda tuzababona mu marushanwa akomeye, ndetse ube umukino bakora kinyamwuga ukaba wanabatunga.”

Mu gihe u Rwanda n’Isi yose bigiye kwinjira mu minsi yo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hafashwe umwanya wo gusobanurira aba banyamahanga amateka y’igihugu ndetse n’uko cyongeye kwiyubaka.

Abatoza batanze amahugurwa ku bana bakina iteramakofe
Asmini Emma uyobora BodyMax na Hamis Ssebuuma uri mu batanze amahugurwa
Semakalu Charles yashyize umukono ku masezerano azatuma iterambere ry'iteramakofe rizamuka mu Rwanda
Abatoza baturutse muri Uganda bagaragaje ko mu mbogamizi zihari zirimo no kutabona amarushanwa
Abakinnyi bahuguwe ni abasanzwe bakina umukino w'Iteramakofe
Semwaha Ali ni umwe mu batoza bakomeye mu Rwanda uri mu bahawe ubumenyi
Abakinnyi basabwe imyitozo myinshi kugira ngo bashobore kuba bajya mu marushanwa yo hanze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .