Itangishaka ukina mu kibuga hagati yageze muri AS Kigali mu mwaka w’imikino wa 2023/24, ubwo yari avuye muri APR FC yari yananiwe kumubonera umwanya wo gukina igahitamo kumutiza.
Mu ibaruwa yageneye FERWAFA, yavuze ko yanditse asaba ko bitewe n’uko AS Kigali ari umunyamuryango wayo, yamufasha ikamwishuriza amafaranga ye yakoreye mu mwaka w’imikino wa 2023/24.
Avugamo ko "aya mafaranga angana n’imishahara y’amezi ane ingana na 2.400.000 Frw."
Umwaka ushize w’imikino ntabwo wagenze neza kuri AS Kigali muri rusange kuko yari ihanganye n’ibibazo bikomeye by’ubuyobozi ndetse n’amikoro, ibyayikozeho bigatuma itandukana na bamwe ibafitiye amadeni.
Itangishaka Blaise wahagaritse gukina mu mwaka ushize, ubu yahawe akazi ko gutoza APR WFC ikina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bagore.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!