Mu gusubiza, Neymar yagize ati “Ndatekereza nakina mu mwanya wa Rivaldo.”
Nyuma y’iki gisubizo cya Neymar wakiniye FC Barcelone na Paris Saint-Germain, Rivaldo yagiye ku rubuga rwa Instagram ashyiraho ifoto ye ateruye Igikombe cy’Isi n’amashusho agaragaza ibitego bitanu yatsinze muri iryo rushanwa.
Ibi byose yabikurikije amagambo agira ati “Numvise Neymar avuga ko mu bihe bye byiza yari kuba yarakinnye mu mwanya wanjye mu Gikombe cy’Isi cya 2002. Mu by’ukuri, nemera ubuhanga bwe ndetse n’ibyo afite yihariye, yewe ntekereza ko yari kuba ari muri iyo kipe, ariko gukina mu mwanya wanjye ni indi nkuru.”
Yakomeje agira ati “Mu cyubahiro cyose no kumushyigikira mugomba, navuga nkomeje 100% ko ibyo bitaba. Muri icyo gihe, nari nshyize umutima hamwe, mfite inyota yo kwegukana Igikombe cy’Isi ku buryo nta n’umwe, uko bari kuba ari beza gute, batsinda ibitego byinshi, nta wari gufata umwanya wanjye.”
“Ibi mbivuganye urukundo n’icyubahiro, ariko hamwe n’icyizere cy’umuntu wanyuze muri ibyo bihe ndetse uzi uburyo yarwanye cyane kugira ngo abe uwegukanye irushanwa ry’Isi.”
Neymar yasubije ubutumwa bwa Rivaldo asa n’ucururutsa ibintu, ariko agaragaza ko atakura Ronaldo cyangwa Ronaldinho muri iyo kipe.
Ati “Tuza nshuti, abakinnyi bose b’Abanya-Brésil bakinnye Igikombe cy’Isi baritanze ndetse bari babishyizeho umutima 100%.... Bamwe bageze ku ntego yabo ya nyuma, abandi ntibyakunze kandi ibyo bibaho mu mupira w’amaguru. Buri gihe nahoze nkubaha, kandi sinzakwambura icyo uri cyo ku mupira wa Brésil…Byari amahitamo hagati yanyu uko muri batatu kandi ndatekereza utambwira gukuramo Ronaldo na Ronaldinho, wabikora?”
Neymar yatsinze ibitego 79 mu mikino 128 yakiniye Brésil, mu gihe Rivaldo yatsinze ibitego 35 mu mikino 76.
Gusa Neymar ntiyigeze yegukana Igikombe cy’Isi cyangwa Copa América ari hamwe na Brésil, mu gihe Rivaldo yatwaye ibyo bikombe byombi. Bombi kandi begukanye Confederations Cup.
AMASHUSHO: Santos FC yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Brésil irifuza gutira Neymar Junior yazamuye, ubu usigaye ukinira Al-Hilal yo muri Arabie Saoudite.
🎤@ByiringiroOsee pic.twitter.com/6j3VAQMBSL
— IGIHE Sports (@IGIHESports) January 20, 2025


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!