00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inama za Samuel Eto’o kuri Afurika yamunzwe no kugabanya imyaka y’abakinnyi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 18 March 2025 saa 04:34
Yasuwe :

Ni kenshi cyane amakipe ahabwa ibihano byo kuba yakinishije abakinnyi barengeje imyaka yemewe mu mupira w’amaguru, by’umwihariko mu marushanwa y’ibyiciro by’abato.

Ibi bikunze kugaragara cyane muri Afurika, aho umubyeyi abona kugabanya imyaka ari cyo kintu gishoboka cyatuma umwana we cyangwa uwo atoza agera kure yifuza.

Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago muri Cameroun, Samuel Eto’o Fils, yavuze ko atifuza kuba umuyobozi utsinda kuko yariganyije imyaka mu bakinnyi.

Ati “Ntabwo nifuza kuba umwe mu bayobozi bamara imyaka 10 batarabona intsinzi, cyangwa ngo ntsinde kuko nakoresheje abakinnyi b’imyaka 25 mu cyiciro cy’abatarengeje 17.”

“Ntewe ishema no gukunda igihugu cyanjye cya Cameroun bidashidikanywaho, ndi mu rukundo n’umugabane wanjye wa Afurika. Abantu bawutuye rero ni twe tugomba kuganira kuri iki kintu.”

Eto’o avuga ko ibikorwa byo kuriganya imyaka muri ruhago ari byo bituma umusaruro uba nkene mu makipe makuru.

Ati “Ndashaka kuzajya njyana mu kibuga ikipe ihatana kandi ku myaka ya nyayo. Ntabwo twemera ko ibyo bintu byashoboka. Muri rusange usanga amakipe yo muri Afurika aba ari meza mu marushanwa y’abato, ariko mu makipe makuru nta ntsinzi tuhabonera.”

“Impamvu nyamukuru ihari ni uko iyo tugezeyo duhatana tuvuga ko abakinnyi bacu bafite imyaka 22, kandi umukinnyi wacu aba yitwa ko afite 22, ariko mu by’ukuri aba afite hagati y’imyaka 35 na 37.”

Samuel Eto’o wabaye umukinnyi ukomeye w’Ikipe y’Igihugu ya Cameroun, Chelsea, FC Barcelona, Inter Milan n’izindi, avuga ko hakwiriye ubwitange.

Ati “Tugomba gutanga ibitambo kugira ngo dusubize ibintu mu buryo. Iyo ni yo mpamvu tugomba kwita ku byiciro by’abakiri bato.”

“Ndabizi neza ko ababyeyi n’abatoza bahinduza imyaka y’abana, ariko babikora kuko babona mu mikino y’abana nta kintu kirimo. Ariko bamenye ko ibyo bakora byose batari gufasha umupira wacu dukunda.”

Samuel Eto’o ni umwe mu bagabo badakunze kwihanganira ibyemezo bimubangamira cyangwa ibimwitambika mu kazi ke cyane cyane ako kuyobora FECAFOOT.

Ibi bituma akunda gufatirwa ibihano ubutitsa, ahanini ibimushinja imyitwarire idahwitse mu mupira w’amaguru.

Samuel Eto'o ahamya ko Abanyafurika bose bakwiriye kwita ku kibazo cy'abariganya imyaka
Samuel Eto'o avuga ko kutabona umusaruro mu makipe makuru yo muri Afurika biterwa no kuba mu byiciro byo hasi hakinayo abakuze
Samuel Eto'o ni umwe mu Banyafurika bafite ibigwi mu mupira w'amaguru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .