Nk’uko bimaze kuba akamenyero, buri nshuro ebyiri mu kwezi habaho siporo rusange mu Mujyi wa Kigali, igahuriza hamwe abawutuye mu turere dutatu tuwugize bagakorera hamwe siporo.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki ya 23 Werurwe 2025, ni bwo habaye siporo iya nyuma ya Werurwe, yitabirwa n’abatuye Kigali ndetse na bamwe mu bayobozi mu nzego za leta.
Kuri iki Cyumweru abitabiriye iyi siporo bahuriye mu mihanda isanzwe ikoreshwa ndetse initabirwa n’ingeri zose kuva ku bato kugera ku bakuru.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yari kumwe na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire ndetse na Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Ambasaderi Christine Nkulikiyinka, bari barangaje imbere abakoze iyi siporo.
Si aba gusa kuko n’umuhanzikazi Bwiza ari mu batanze ubutumwa muri iki gikorwa bushishikariza buri wese gukora siporo.
Nyuma yo kuzenguruka mu mihanda yabugenewe, abari muri iyi siporo bahuriye ahabugenewe harimo no hafi y’inyubako ya Kigali Heights bafatanya kunanura imitsi no gukina indi mikino ibafasha kugorora umubili.
Imikino isangwa muri ‘Car Free Day’ irimo nka Road Tennis, Fencing, guterura ibiremereye, kubyina imbyino za gakondo, kunyonga amagare n’ibindi.




















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!