Ku batembera Umujyi wa Kigali babona ko urushaho guhindura isura yawo uko bwije n’uko bukeye binyuze muri iyi nyubako yafashije abawutuye kwidagadura no gukora siporo.
Mu kiganiro Coach Gaël yagiranye na Televiziyo Rwanda, yavuze ko yishimiye kuba Perezida Kagame yarasuye Kigali Universe.
Ati “Kumubona aza kudushyigikira no kumenya ko abizi ko ibyo bintu bihari, ni umugisha kuri twe. Ni ikintu gikomeye cyanatwongereye imbaraga. Iyo urebye kandi usanga amategeko y’u Rwanda ashyigikira abashoramari cyane cyane iyo ushoye mu bintu leta ishaka ko ushoramo.”
“Burya siporo ijyana n’ubukerarugendo kandi ni byo twe nk’u Rwanda tugurisha. Si njye njyenyine ahubwo n’abandi ba rwiyemezamirimo barabizi ko iyo uje muri urwo ruganda urashyigikirwa.”
Coach Gaël yavuze ko ajya gutekereza uyu mushinga munini kandi utamenyerewe mu Rwanda, kwari ukugira ngo atange umusanzu we mu kubaka igihugu no kubyaza inyungu siporo mu gihe kiri imbere.
Ati “Zimwe mu nzozi zanjye nari mfite kuva cyera kwari ukuba Guverineri [wa Banki Nkuru y’u Rwanda] nshaka kuzasinya ku mafaranga. Nagiye muri Amerika birangira ubuzima bunyerekeje mu ishoramari.”
“Naratekereje nti u Rwanda rusurwa n’abashyitsi buri munsi, nijoro muri Kigali ni iki bakora? Usibye kujya hanze bakarya bagataha, ikindi ni ikihe? Icyo gihe rero dutekereza ikintu cyajya gikurura abaza kudusura, ndetse n’Abanyarwanda bakaba bagira ahantu bakinira umupira nijoro, bagakina Basketball, n’indi mikino itandukanye.”
Uyu mugabo kandi asanga abandi ba rwiyemezamirimo mu Rwanda bakwiriye gutekereza uburyo babyaza umusaruro amahirwe igihugu gitanga, cyane cyane kudapfusha ubusa ahantu hose bakorera mu Mujyi wa Kigali.
Mu gihe kiri imbere Kigali Universe izongerwamo imikino y’abana bato bari mu kigero cy’imyaka itau n’irindwi, dore ko kugeza ubu imikino irimo ari iy’abari hejuru y’imyaka 12.
Si ibyo gusa kuko usibye imikino ya Basketball, Bawling, Football, Boxing n’indi, hazashyirwamo Gym ndetse n’iduka ricuruza imyambaro n’ibikoresho bya siporo kandi ikiraro cyubatswe kuri iyi nyubako kigatangira gukoreshwa mu gihe cya vuba.
A RARE MOMENT !! 🇷🇼
This Thursday evening, we had the honor of hosting His Excellency, the President of the Republic of Rwanda, @PaulKagame , at Kigali Universe. He toured various sections of our facility and even participated in one of the games available here. A true… pic.twitter.com/ImkGoJlbfA
— KIGALI UNIVERSE (@Kigali_universe) December 27, 2024
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!