00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibikubiye mu mfashanyigisho yifashishwa n’abatoza ba ruhago mu kwigisha amateka ya Jenoside

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 7 April 2025 saa 12:59
Yasuwe :

Umunyabigwi mu mupira w’amaguru mu Rwanda, Murangwa Eric Eugène, ni umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abikesha kuba yari umukinnyi ukomeye.

Nyuma yo kubona ko umupira w’amaguru ufite akamaro kanini kugeza n’aho warokora ubuzima bwa nyirawo mu bihe by’amage, yatangiye uburyo bwo kwiyubaka abinyujije mu gufasha abakiri bato kuzamuka bafite indagagaciro z’ubunyarwanda bazikomoye kuri ruhago.

Mu 2010 yagize igitekerezo cyo gushinga umuryango utegamiye kuri leta witwa ‘Ishami Foundation’, uhuriza hamwe abana ukabigisha gukina umupira w’amaguru ariko ukanabigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ashingiye ku buhamya bwe.

Mu bikorwa bye havuyemo igitekerezo cyo gushyiraho imfashanyigisho yise ‘Rwandan Values Curriculum’, ikubiyemo uburyo umwana yakwigishwa amateka binyuze mu mupira w’amaguru.

Iyi mfashanyigisho yereka abatoza ko bakwiriye gufata umwana wese batavanguye, gukorana ubwitonzi igihe batanga amabwiriza y’ibyo abana bakwiriye kuba bakora.

Ku munsi w’imyitozo, umutoza w’abana akwiriye kubaha 80% by’imyitozo, ariko 20% akayiharira kubereka akamaro ko gukina umupira w’amaguru n’impamvu yo koroherana igihe bakina.

Hari igihe umwana ashobora kuba afite igitekerezo runaka cyangwa ikibazo ku byo ari kwigishwa, ni ah’umutoza mu kumuha umwanya akamutega amatwi, kandi agahora abashishikariza kwishakamo ibisubizo.

Umwana n’umutoza bose bakora amakosa, ariko ni akazi k’umutoza mu kwereka umwana uko yakwigira ku makosa yakoze agakora ibyiza kurushaho.

Umwana ni nk’undi! Iyi mfashanyigisho yereka abatoza ko badakwiriye kwigisha abana babaremamo ibice ugendeye ku ho bakomoka, igitsina, idini, ubwoko, uruhu n’ibindi byatuma haza amacakubiri hagati yabo.

Murangwa Eric Eugène yashyize hanze imfashanyigisho ituma abatoza bamenya uko bahuza umupira w'amaguru no gufasha abana kwiyubaka bashingiye ku mateka
Umukino abana bakina wiswe Kwiyubaka
Abana batozwa koroherana, gukundana n'ibindi bituma umupira w'amaguru uzabagirira akamaro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .