Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 13 Ukuboza 2024, ni bwo i Zurich mu Busuwisi, habereye umuhango w’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), rishyira hanze amatsinda 12 azahataniramo aya makipe.
Amakipe yose yamenye aho aherereye, usibye u Budage, u Butaliyani, u Bufaransa, Pologne, Danemark, Espagne n’u Buholandi, u Bufaransa na Croatia bizabanza kwikiranura mu mikino isigaye ya UEFA Nations League.
Igikombe cya 2026 kizaba ari irushanwa rigiye kwandika amateka muri ruhago kuko ku nshuro ya mbere rizahatanirwa n’amakipe 48 ndetse rirangwe n’iminsi myinshi ugereranyije n’andi yabayeho.
Imijyi 16 irimo 11 yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, itatu yo muri Mexico n’ibiri yo muri Canada ni yo izaryayakira.
Uko amatsinda ateye ku bihugu by'i Burayi mu mikino yo guhatanira itike zo kujya mu Gikombe cy'Isi cya 2026. pic.twitter.com/JMmgGd07OO
— IGIHE Sports (@IGIHESports) December 13, 2024
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!