00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Golf: Nsanzuwera Celestin yegukanye Rwanda Open 2025

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 16 February 2025 saa 10:44
Yasuwe :

Nsanzuwera Célestin yahize abandi bakinnyi mu Irushanwa Mpuzamahanga muri Golf rya ‘Rwanda Open 2025’, ryari ryongeye gukinwa nyuma y’imyaka itanu.

Rwanda Open ni irushanwa ryari rimaze icyumweru rikinirwa ku kibuga mpuzamahanga cya Golf, rikaba ryarasojwe ku wa Gatandatu, tariki ya 15 Gashyantare 2025.

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Golf mu Rwanda, rifatanyije na Kigali Golf Resorts & Villas byongeye gutegura irushanwa nyuma y’uko ryari ryarahagaritswe kubera amavugurura yarimo akorerwa kuri iki kibuga.

Kuri iyi nshuro, Rwanda Open 2025, yitabiriwe n’abakinnyi barenga 170 baturutse mu bihugu 17 birimo n’u Rwanda, harimo abakina kinyamwuga ndetse n’abishimisha.

Abakina kinyamwuga bakinnye ibyiciro bine, aho Nsanzuwera yabibonyemo amanota 276 (66, 70, 70, 70), bigendanye n’imyobo 18 iri mu kibuga cya Kigali Golf Resorts & Villas, yagabanyijeho inshuro 12 ku zo yari gukina.

Ku mwanya wa kabiri yakurikiwe n’Umunya-Zimbabwe, Promise Sembreiro, wakinnye inshuro 280, ndetse na mugenzi we Promise Sembreiro wabaye uwa gatatu yakinnye inshuro 281.

Nsanzuwera wegukanye umwanya wa mbere yahembwe ibihumbi 9$ [12.609.000 Frw], mu gihe abitwaye neza bose bagabanye ibihumbi 50$, ni ukuvuguga 70.050.000 Frw.

Nyuma yo kwitwara neza, Nsanzuwera arahita atangira kwitegura irindi rushanwa rya Kenya Open, rizabera muri Kenya.

Irushanwa ryabereye mu kibuga cya Kigali Golf Resorts & Villas
Nsanzuwera Celestin yegukanye Rwanda Open 2025
Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro, ahemba Michael Karanga wahize abandi mu batarabigize umwuga
Umuyobozi wa Golf Union, Amb. Bill Kayonga yishimira intambwe umukino wa Golf uri gutera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .