00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Formula 1: Umunyabigwi Eddie Jordan yitabye Imana

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 20 March 2025 saa 03:57
Yasuwe :

Umunyabigwi mu mukino wo gusiganwa mu modoka nto, Eddie Jordan, yitabye Imana ku myaka 76, aguye muri Afurika y’Epfo aho yarimo yivuriza uburwayi burimo na Kanseri ya Prostate.

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 20 Werurwe 2025, ni bwo umuryango wa Jordan watangaje ko yamaze gushiramo umwuka nyuma yo guhangana n’uburwayi bwa Kanseri ya Prostate n’iy’impyiko.

Mu butumwa umuryango we watangarije kuri BBC wagize uti “Tubabajwe no gutangaza ko Eddie Jordan OBE watunze ikipe muri Formula 1, akaba umusesenguzi kuri Television, n’umushoramari yitabye Imana. Yari amaze igihe ahanganye na Kanseri ya Prostate, ndetse n’iy’impyiko.”

Mu mpera z’umwaka ushize ni bwo Jordan yaganiriye n’ikinyamakuru The Guardian, avuga ko ahanganye n’ubu burwayi ndetse isaha n’isaha yashiramo umwuka.

Uyu mugabo yabaye umwe mu bagize uruhare mu mukino wo gusiganwa mu modoka guhera mu 1971, ubwo yajyaga gukina shampiyona ya Karting, mu 1991 ashinga ikipe ya Jordan Grand Prix, yahatanaga muri Formula 1 kugeza mu 2005.

Uyu mugabo yabaye umwe mu bamenyekanishije umukinnyi w’icyamamare, Michael Schumacher, watwaye Formula 1 inshuro nyinshi (8) anganya na Lewis Hamilton.

Eddie Jordan yazize Kanseri ya Prostate
Eddie Jordan wabaye umunyabigwi muri Formula 1 yitabye Imana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .