00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Everton yasogongeje abafana kuri stade yayo nshya

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 18 February 2025 saa 10:21
Yasuwe :

Abafana ibihumbi 10 ba Everton bahawe ikaze kuri stade nshya yayo igiye kwimurirwaho imikino yayo ikavanwa Goodison Park, mu rwego rwo kuyisuzuma mbere y’uko itahwa.

Ni igikorwa cyabaye mu ijoro ryo ku wa 18 Gashyantare 2025, aho ubuyobozi bw’iyi kipe bwateguye umukino w’amakipe y’abato wahuje Everton U18 ndetse na Wigan Athletic U18.

Iyi stade iherereye mu gace kari ku mugezi wa Mersey hazwi nka Bramley-Moore Dock, izatangira kuberaho imikino ya English Premier League mu mwaka utaha w’imikino wa 2025/26 nk’uko ubuyobozi bwayo bwabitangaje.

Mu gihe cy’imyaka ine iyi stade imaze iri kubakwa, yatwaye miliyari 1,01$, ikaba yarahawe ubushobozi bwo kujya yakira abafana 52.888, ndetse ikaba ifite n’amahirwe yo kuberaho imikino ya Euro 2028.

Umutoza wa Everton y’abato, Keith Southern, yavuze ko uburyo yasanze yubatsemo ari bwiza kuko bufasha umukinnyi.

Ati “Uwashushanyije iyi stade yakoze akazi k’akataraboneka cyane, kuko abafana baba bakuri hejuru. Niharamuka hakiriye abafana buzuye, hazajya aba ari ahantu bitazaba byoroshye kwikura.”

Harrison Rimmer ukinira Wigan Athletic yahise akora amateka yo kuba uwa mbere utsindiye igitego kuri iki kibuga, mbere y’uko batsinda ibitego 2-1.

Everton itazongera gusangira agace ituyemo na Liverpool FC, yakinnye umukino wa nyuma wa Liverpool kuri Goodison Park mu cyumweru gishize, ikaba izahakinira uwa nyuma tariki ya 18 Gicurasi ihura na Southampton.

Ikimara kuhava, Goodison Park izasenywa ubutaka bwubakweho amazu yo guturamo ndetse n’ayo gukoreramo.

Stade ya Everton yubatse mu mujyi wa Bramley-Moore Dock
Stade yatangiye kubakwa mu 2021
Stade yubatse ku nkombe z'umugezi wa Mersey
Ni stade izajya yakira abafana barenga ibihumbi 52
Kuri stade ya Everton hashyizwe urwibutso rw'umufana wayo Michael Jones wapfuye aguye mu mirimo yo kuyubaka
Stade yuzuye itwaye arenga miliyari 1$
Imikino ya Everton FC izatangira kuhabera mu ntangiriro z'umwaka utaha w'imikino
Ni stade yubatswe mu buryo bugezweho
Benshi bafite amatsiko yo kuzayibona yuzuyemo abafana
Abafana ibihumbi 10 ni bo bitabiriye umukino wo gusuzuma ikibuga gishya cya Everton
Stade nshya ya Everton iri hafi y'umugezi wa Mersey
Ni Stade izaba igaragara neza no mu masaha y'ijoro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .