00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Darko Nović yutse inabi abamubajije kuri Richmond Lamptey

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 20 February 2025 saa 09:07
Yasuwe :

Umutoza wa APR FC, Darko Nović, yarakaye cyane mu kiganiro n’itangazamakuru ubwo yari abajijwe impamvu adakinisha bamwe mu bakinnyi be by’umwihariko Richmond Lamptey.

Ni ikibazo yabajijwe nyuma y’umukino wo kwishyura w’Igikombe cy’Amahoro wabaye ku wa Gatatu, tariki 19 Gashyantare 2025, kuri Kigali Pelé Stadium, warangiye APR FC inyagiye Musanze ibitego 4-0.

Darko Nović ubwo yari abajijwe impamvu adakinisha abakinnyi be, yibanze cyane ku mpamvu yatumye bagarura izina ’Lamptey’, avuga ko mu bakinnyi afite kugeza ubu b’abanyamahanga nta mwanya yamubonera.

Ati “Kubera iki mutambaza abakinnyi bakinnye uyu munsi, ahubwo mukazana Lamptey? Murekere aho. Lamptey ntabwo namukoresheje no mu mezi atatu ashize. Dufite benshi kandi bamwe baba bari ku ntebe y’abasimbura kuko bose ntibaboneka no ku rutonde rw’abakina umukino.”

“Dufite abanyamahanga benshi, aho tugomba kugira batandatu babanzamo na bane basimbura. Murekere aho rwose, ku mwanya we [Lamptey] hari Taddeo Lwanga na we w’umusimbura, mu kibuga hari umunyezamu, hari abasatira batatu, inyuma yabo hari Lamine [Bah], na Ismael [Nshimirimana] agomba kuba ahari. Mumbwire noneho uko nakinisha umuntu nk’uriya by’umwihariko Lamptey.”

Uyu mutoza kandi uri kugaragaza ko ikipe ye igenda ihuza umukino mu bihe bitandukanye, yatangaje ko ubu abakinnyi be barimo kumva neza ibyo ababwira mu myitozo bituma umusaruro uboneka.

Ibi ngo bimuha icyizere ko yazitwara neza mu mukino wa Shampiyona iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu izajya gukinira mu Karere ka Huye, uzayihuza na Mukura VS, igakosora amakosa yakoze ubwo yatsindwaga n’Amagaju FC mu mikino ibanza.

APR FC yabonye itike ya ¼ cy’Igikombe cy’Amahoro nyuma yo gutsinda Musanze FC mu mikino ibiri, ikaba izahura na Gasogi United FC.

Muri Shampiyona, APR FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 37, izakina na Mukura VS ya gatandatu n’amanota 24, mu mukino w’Umunsi wa 18 wa Shampiyona y’u Rwanda uteganyijwe ku Cyumweru, tariki ya 23 Gashyantare.

Richmond Lamptey yakomeje kubura umwanya muri APR FC
Lamptey Richmond ntabwo ari mu bakinnyi Umutoza Darko Nović aba atekereza kwifashisha
Lamptey Richmond akorana imyitozo n'abandi ariko ntabwo ari ku rwego umutoza we yifuza
Abakinnyi ba APR FC bari kumva ibyo umutoza ababwira
Abakinnyi 11 Darko Nović yifashishije ku mukino wa Musanze FC
Abanyamahanga ba APR FC babaye benshi bituma hari abo umutoza yirengagiza
Darko Nović utoza APR FC yifuza gukosora amakosa yakoreye mu Karere ka Huye agatakaza umukino
Darko Nović yageze muri 1/4 cy'Igikombe cy'Amahoro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .