00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bayisenge Emery yasezeranye mu mategeko na Gatare Aline

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 16 May 2025 saa 03:36
Yasuwe :

Myugariro wa Gasogi United, Bayisenge Emery, yasezeranye imbere y’amategeko na Gatare Aline mu muhango wabaye mbere y’icyumweru kimwe ngo aba bombi babane akaramata.

Bayisenge Emery na Gatare Aline bamaranye igihe mu munyenga w’urukundo, dore ko aba bombi bamenyanye kuva mu 2012. Muri Mata 2025 ni bwo uyu mukinnyi yamusabye kuzamubera umugore.

Nyuma yo kumwemerera, aba bombi bagiye gusezerana imbere y’amategeko mbere y’uko indi mihango y’ubukwe iba. Ni imihango iteganyijwe tariki ya 24 Gicurasi 2025.

Bayisenge w’imyaka 30 yakiniye amakipe yo mu Rwanda ndetse no hanze yarwo. Ayo ni Amagaju FC, Isonga FC, APR FC, Gasogi United, Kénitra AC, JS El Massira na USM Alger.

Si ayo makipe gusa kuko ari n’umukinnyi wakiniye Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu byiciro bitandukanye.

Bayisenge Emery na Gatare Aline basezeranye imbere y'amategeko
Bayisenge Emery na Gatare Aline bamaze imyaka irenga 10 baziranye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .