Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 11 Gashyantare 2025, nibwo hamenyekanye inkuru y’akababaro ko Kiyovu Sports yatakaje uyu mukunzi wayo.
Yaguye mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK, yari arwariyemo.
Umuvugizi wa Kiyovu Sports, Minani Hemed, yahamije aya makuru y’uko uyu mugabo yazize uburwayi.
Ati "Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bubabajwe n’urupfu rw’umukunzi wacu, akaba n’umushyushyarugamba wa Kiyovu Sports [...], akaba azize uburwayi, yaguye mu bitaro bya CHUK."
Aziz ni umwe mu bafana bakundaga kuba hafi Kiyovu Sports mu bihe byose yaba irimo, ndetse abamuzi ku kibuga ntiyahasibaga yisize irangi nubwo ikipe ye iri ku mwanya wa nyuma.
Si Urucaca yafanaga gusa kuko yari n’umufana ukomeye w’amakipe y’u Rwanda, haba muri Ruhago, Basketball, Volleyball n’ahandi.









TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!