00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Aziz wari umufana ukomeye wa Kiyovu Sports n’Amavubi yitabye Imana

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 11 February 2025 saa 11:23
Yasuwe :

Umufana ukomeye wa Kiyovu Sports, Harerimana Abdul Aziz ‘Nzinzi’, yitabye Imana azize uburwayi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 11 Gashyantare 2025, nibwo hamenyekanye inkuru y’akababaro ko Kiyovu Sports yatakaje uyu mukunzi wayo.

Yaguye mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK, yari arwariyemo.

Umuvugizi wa Kiyovu Sports, Minani Hemed, yahamije aya makuru y’uko uyu mugabo yazize uburwayi.

Ati "Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bubabajwe n’urupfu rw’umukunzi wacu, akaba n’umushyushyarugamba wa Kiyovu Sports [...], akaba azize uburwayi, yaguye mu bitaro bya CHUK."

Aziz ni umwe mu bafana bakundaga kuba hafi Kiyovu Sports mu bihe byose yaba irimo, ndetse abamuzi ku kibuga ntiyahasibaga yisize irangi nubwo ikipe ye iri ku mwanya wa nyuma.

Si Urucaca yafanaga gusa kuko yari n’umufana ukomeye w’amakipe y’u Rwanda, haba muri Ruhago, Basketball, Volleyball n’ahandi.

Ubwo Aziz yari yaherekeje Kiyovu Sports
Aziz yari umushyushyarugamba wa Kiyovu Sports
Aziz yafanaga u Rwanda no mu yindi mikino
Aziz yisigaga irangi rya Kiyovu Sports ku mikino yose
Aziz yari n'umufana w'Ikipe y'Igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .