00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APE Rugunga na Petit Séminaire Baptiste mu bigo bizahagararira u Rwanda muri FEASSSA

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 9 June 2025 saa 09:33
Yasuwe :

Amarushanwa ahuza ibigo by’amashuri by’umwihariko abatarengeje imyaka 20 ‘Amashuri Kagame Cup 2025’ yashyizweho akadomo, asiga APE Rugunga mu bahungu na Petit Séminaire Baptiste mu bakobwa azahagararira u Rwanda muri FEASSSA mu mupira w’amaguru.

Mu mpera z’icyumweru tariki ya 7 na tariki ya 8 Kamena 2025, ni bwo mu Karere ka Muhanga habereye imikino ya nyuma yahuje ibigo by’amashuri byitwaye neza muri uyu mwaka w’imikino wa 2024/25.

Ku Cyumweru, tariki ya 8 Kamena hakinwe imikino ya nyuma, uwari utegerejwe cyane uhuza APE Rugunga na CGFK mu mupira w’amaguru w’abahungu, witabirwa n’abarimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe.

APE Rugunga yatsinze ibitego 2-0, ihita inabona itike yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino ihuza ibigo by’amashuri yo muri Afurika y’Iburasirazuba (FESSSA).

Mu cyiciro cy’abakobwa, umukino wa nyuma wahuriweho na Petit Séminaire Baptiste nyuma yo gutsinda APAER ibitego 2-0, na yo ibona itike yo kuzahagararira igihugu.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yashimiye abana bagaragaje umuhate wo gukina iyi mikino, abasaba kudasubira inyuma ku ntego bihaye.

Ati “Turabashimiye mwese mwahatanye mu irushanwa rya ‘Amashuri Kagame Cup 2025’. Imbaraga, ubushake, ubushobozi mwagaragaje biri ku rundi rwego. Mukomereze aho, mugere ku rwego rurenze urwo muriho uyu munsi.”

Ibindi bigo byahize ibindi bizahagararira u Rwanda mu mikino ya FEASSSA 2025 izabera muri Kenya, ni GS Gahini muri Netball, ES Kigoma muri Handball, International Technical School of Kigali muri Basketball, GS Aloys muri Volleyball y’abakobwa, Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare muri Vollyeball y’abahungu.

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri ya Siporo, Rwego Ngarambe, asuhuza abakinnyi ba APE Rugunga mbere yo gukina umukino wa nyuma
Abakinnyi APE Rugunga yifashishije ku mukino wa nyuma
Abakinnyi CGFK yari yitabaje ku mukino wa nyuma gusa bagorwa no guhagarara imbere ya APE Rugunga
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yakurikiye imikino ya nyuma y'Amashuri Kagame Cup
Amashuri Kagame Cup yasojwe hamenyekanye ibigo bizahagararira u Rwanda
Petit Séminaire Baptiste yatsinze APAER ku mukino wa nyuma wa ruhago y'abakobwa
Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare yitwaye neza mu bahungu bakina Volleyball
Umuyobozi wa Tekinike muri FERWAFA, Gérad Buscher, ari kumwe n'Umutoza w'Ikipe y'Igihugu y'Abagore, Cassa Mbungo, bakurikiye imikino y'abana bakina ruhago
Petit Séminaire Baptiste yishimira intsinzi nyuma yo kwegukana umukino wa nyuma
CGFK na APE Rugunga byakinnye umukino wari utegerejwe cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .