00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abashinzwe ubuvuzi muri za federasiyo bahuguwe ku ikoreshwa ry’ibyongerambaraga bitemewe muri siporo

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 18 December 2024 saa 09:50
Yasuwe :

Komite Olempike y’u Rwanda, ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo n’Ikigo cy’Isi gishinzwe Kurwanya Ibyongerambaraga bitemewe (WADA), yahuguye abashinzwe ubuvuzi mu makipe n’amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda, mu gikorwa cyamaze iminsi ine hagamijwe kugira siporo izira ikoreshwa ry’ibyo byongerambaraga bitemewe.

Aya mahugurwa yabaye tariki ya 12-15 Ukuboza 2024, ku Cyicaro cya Komite Olempike y’u Rwanda, yitabiriwe n’abaturutse mu mashyirahamwe y’imikino atandukanye ku ngingo zirimo gusobanukirwa ibijyanye no kurwanya ibyongerambaraga, uko byagabanywa, urutonde rw’ibyongerambaraga bitemewe n’uburyo abakinnyi bapimwa nyuma y’amarushanwa.

Mu ijambo ry’ikaze, Umuyobozi wa Komisiyo y’Ubuvuzi no Kurwanya Ibyongerambaraga bitemewe muri Komite Olempike y’u Rwanda, Dr Nuhu Assouman, yashimiye Komite Olempike y’u Rwanda na Minisiteri ya Siporo byatumye aya mahugurwa abaho.

Yashimangiye ko abakinnyi ari bo ba mbere bagirwaho ingaruka n’ikoreshwa ry’ibyongerambaraga kurusha abandi babakikije.

Ni amahugurwa yafunguwe ku mugaragaro n’Umunyamabanga Mukuru wa Komite Olempike y’u Rwanda, Kajangwe Joseph, wavuze ko abayitabiriye bagomba kuba ku ruhembe rwo kurwanya ikoreshwa ry’ibyongerambaraga bitemewe muri siporo babarizwamo.

Yashimiye kandi Minisiteri ya Siporo ku bufasha ikomeza gutanga, butagarukira mu gufasha abakinnyi gusa, ahubwo no ku babakikije.

Dr Nuhu Assouman yasobanuriye abitabiriye amahugurwa amahame agenderwaho na WADA mu bijyanye na siporo.

Dr. Charles Nkurunziza uhagarariye u Rwanda muri Ishami rishinzwe kurwanya ibyongerambaraga mu Karere ka Gatanu, ku Mugane wa Afurika, yagaragaje indangagaciro zikenewe mu kugira siporo itarangwamo ikoreshwa ry’ibyo bintu.

Yagaragaje kandi ko mu bituma abakinnyi bashaka gukoresha ibyo byongerambaraga bitemewe harimo gushaka kuzamura urwego, igitutu cyo gutsinda, guhindura amakipe no gushaka gukiruka imvune cyangwa uburwayi byihuse.

Abitabiriye amahugurwa beretswe amahame abuza ikoreshwa ry’ibyongerambaraga, uburyo abakinnyi bagaburirwa n’ibyo bahabwa, ibitemewe ku bakinnyi n’uburyo gupima abakoresheje ibyo bongerambaraga bikorwamo.

Rusamaza Alphonse waturutse mu Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga, yavuze ko “ubumenyi twungutse muri aya mahugurwa buradufasha kuba ba ambasaderi bo kurwanya ikoreshwa ry’ibyongerambaraga bitemewe muri siporo.”

Mu gusoza aya mahugurwa, Umuyobozi wa Komisiyo y’Ubuvuzi no Kurwanya Ibyongerambaraga bitemewe muri Komite Olempike y’u Rwanda, Dr Nuhu Assouman, yagaragaje ko ubumenyi ku ikoreshwa ry’ibyongerambaraga bitemewe muri siporo muri za federasiyo, bwazamutse bukava kuri 73% ubu bukaba bugeze kuri 80%.

Dr. Charles Nkurunziza uhagarariye u Rwanda muri Africa Zone V RADO, yavuze ko bafata “u Rwanda nk’intangarurero. Intego yacu ni uko mbere na mbere abakinyi birinda ikoreshwa ry’ibyongerambaraga bitemewe muri siporo binyuze mu kubigisha kurusha kubapima.”

Umunyamabanga Mukuru wa Komite Olempike y’u Rwanda, Kajangwe Joseph, yavuze ko “Ikoreshwa ry’ibyongerambaraga bitemewe muri siporo ni ikibazo gikomeye atari ku bakinnyi gusa, ahubwo no ku gihugu, za federasiyo n’umuryango mugari wa siporo muri rusange. WADA, RADO na Komite Olempike y’u Rwanda byizeye ko muzaba ijwi ryo kwigisha ibijyanye na byo muri federasiyo zanyu.”

Aya mahugurwa yari yitabiriwe n’abantu 29 baturutse muri federasiyo 24 zitandukanye.

Indi nkuru wasoma: Hamuritswe ibyavuye mu bushakashatsi ku ikoreshwa ry’ibiterambaraga bitemewe muri siporo Nyarwanda

Aya mahugurwa y'iminsi ine, yarimo kuganira no guhana ibitekerezo ku ikoreshwa ry'ibyongerambaraga bitemewe muri siporo
Abayitabiriye ni abafite aho bahuriye n'ubuvuzi mu mashyirahamwe y'imikino mu Rwanda
Habayeho kuganira mu matsinda
Umunyamabanga Mukuru wa Komite Olempike y’u Rwanda, Kajangwe Joseph, wavuze ko abayitabiriye bagomba kuba ku ruhembe rwo kurwanya ikoreshwa ry’ibyongerambaraga bitemewe muri siporo babarizwamo
Umuyobozi wa Komisiyo y’Ubuvuzi no Kurwanya Ibyongerambaraga bitemewe muri Komite Olempike y’u Rwanda, Dr Nuhu Assouman
Abitabiriwe aya mahugurwa bahawe 'certificats'
Aya mahugurwa yitabiriwe n'abaturutse muri za federasiyo zitandukanye
Abitabiriye amahugurwa biyemeje kuba ba ambasaderi bo kurwanya ikoreshwa ry'ibyongerambaraga bitemewe muri siporo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .