00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyamuryango bafite impungenge ku mategeko ya FIA azavugururwa

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 12 December 2024 saa 10:20
Yasuwe :

Oliver Schmerold uyobora imikino yo gusiganwa mu modoka muri Autriche yiyongereye kuri David Richards uyobora iryo mu Bwongereza n’abandi, banenga igikorwa cyo guhindura amategeko y’Ishyirahamwe ry’Imikino yo gusiganwa mu modoka ku Isi (FIA).

Aba bose batangaje ibi mu gihe amashyirahamwe y’imikino yo gusiganwa mu modoka ku Isi, ateraniye mu Rwanda mu bikorwa bijyanye n’Inteko Rusange ya FIA, izaganirwaho amavugurura y’amategeko amwe arigize.

Amategeko agomba kuvugururwa harimo arebana no kugabanya abagize Komite Mbonezamwuga, iy’ubugenzuzi bw’imari, aba komite ishinzwe imiyoborere n’izindi.

Schmerold, ashimangira ko izo mpinduka zitajyanye zizatuma hatabaho imiyoborere myiza kandi zitazagira icyo zihindura mu buryo bwo kugenzura imigendekere myiza y’amarushanwa cyangwa kuba ubuyobozi bwagenzurwa.

Yagize ati “Komite z’ubugenzuzi n’iza mbonezamwuga zizatakaza agaciro kazo, ku buryo mu minsi iri imbere hashobora kurangwamo abantu bafitanye imikoranire yihariye n’ubuyobozi buriho. Ni uruhe rwego rubaho rugenzurwa n’abantu babiri gusa?”

Izindi mpungenge zigaragazwa ni uko FIA ishobora kuzisanga iyoborwa na Komite ikorana bya hafi n’abashinzwe kuyigenzura, bityo imikorere izemo agatotsi.

Nkuko ikinyamakuru BBC kibivuga, uyu mugabo yagerageje kugeza impungenge ze kuri Perezida wa FIA, Mohammed Ben Sulayem, ariko azi neza ko bigoye ko hari icyo bizahindura.

Oliver Schmerold atewe impungenge n'amavugurura y'amategeko ya FIA
David Richards ni umwe mu bagaragaje ko FIA nigabanya abagize zimwe muri komite zayo bizatuma ubuyobozi butagenzurwa
Perezida wa FIA, Mohammed Ben Sulayem, yagaragarijwe impungenge mu kuvugurura amategeko ya FIA

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .