00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakunzi ba Bayern Munich bakoze umuganda wo gushimangira ubufatanye bw’iyi kipe n’u Rwanda

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 22 February 2025 saa 09:43
Yasuwe :

Abakunzi ba FC Bayern Munich mu Rwanda, bifatanyije n’abandi Banyarwanda mu gikorwa cy’Umuganda Rusange, bahamya ko ari itafari ryo gushimangira ubufatanye iyi kipe ifitanye n’igihugu.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 22 Gashyantare 2025, ni bwo mu gihugu hose habaye Umuganda Rusange, abakunzi ba Bayern Munich mu Rwanda bahurira kuri GS Akumunigo.

Aba bifatanyije na bamwe mu banyeshuri bo muri iki kigo ndetse n’abayobozi, haterwa ibiti 100 byiganjemo iby’imbuto ziribwa.

Umuyobozi w’abakunzi ba Bayern Munich mu Rwanda, Turatsinze Emmanuel, yavuze ko iki gikorwa kigamije guha agaciro ubufatanye bw’iyi kipe n’u Rwanda.

Ati “Kuba u Rwanda rwaragiranye ubufatanye na Bayern Munich ntabwo bigomba kugarukira mu kwamamaza, ubucuruzi n’ibindi, ahubwo n’umuturage wo hasi akwiriye kumva akamaro kabyo binyuze muri ibi bikorwa rusange.”

“Uyu munsi twateye ibiti, ejo n’ejo bundi tuzakora ibindi bitandukanye. Ikigamijwe ni ukugira ngo intambwe yatewe na Leta y’u Rwanda yegera ikipe yacu, tuyisigasire.”

Turatsinze yongeyeho ko hashize umwaka umwe batangije itsinda ry’abafana b’iyi kipe, ndetse kugeza ubu bamaze kugera ku 100, bashobora gutanga umusaruro mu bikorwa bitandukanye bakora.

Umwe mu bafana ba Bayern Munich ukomoka mu Budage wifatanyije na bagenzi be, Janis Just, yavuze ko yishimira kuba mu Rwanda rufite amahoro, abantu bakiyubakira igihugu binyuze mu bikorwa nk’Umuganda Rusange.

Ati “Njye ndi hano mu Rwanda ariko iwacu baba bambaza uko bimeze nkababwira ko ari byiza, aya makuru n’abageraho ko umubano umeze neza n’abaturage nka gutya, nta kabuza bizagira icyo bibereka. Nta kizahagarika ubufatanye Bayern Munich ifitanye n’u Rwanda.”

Janis yavuze ashimangira itangazo ry’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ryamagana ibikorwa bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), byo gukwirakwiza ibinyoma bigamije kubuza abafatanyabikorwa mpuzamahanga barwo barimo na Bayern Munich gukomeza ubufatanye muri gahunda ya ‘Visit Rwanda’, igira uruhare mu iterambere n’imibereho myiza y’Abanyarwanda.

Mu 2023, ni bwo u Rwanda rwasinyanye amasezerano n’Ikipe ya Bayern Munich yo agamije kuzamenyekanisha ubukerarugendo bwarwo binyuze mu kurwamamaza muri stade yayo ya Allianz Arena kugeza mu 2028.

Si ibyo gusa kuko iyi kipe igira uruhare mu kwigisha ruhago abana b’Abanyarwanda binyuze muri Academie ya Bayern Munich mu Rwanda, ndetse mu mwaka ushize umwana umwe akaba yaratoranyijwe mu bagize ikipe y’abato ya ‘The Reds’.

Umuganda wakorewe kuri GS Akumunigo
GS Akumunigo izakomeza gukorana n'abafana ba Bayern Munich mu bindi bikorwa bibyara inyungu
Ibiti byatewe bizakomeza gukurikiranwa
Abana bari bishimiye gutera ibiti
Turatsinze Emmanuel aganira na Janis Just bombi bahuriye ku gufana FC Bayern Munich
Hatewe ibiti by'imbuto bigera ku 100
Janis Just yavuze ko gukorana n'abaturage kw'abafana ba Bayern Munich bihinyuza ari igikorwa cy'ingenzi
Umuyobozi wa GS Akumunigo, Nzabandora Hildebrand, avuga ko gukora igikorwa nk'iki bigaragaza ko siporo igeze ku rwego rurenze kwishimisha
Umutobozi w'abafana, Turatsinze Emmanuel, yahamije ko ubufatanye n'abanyeshuri buzahoraho
Umuganda watumye abafana bongera guhura baraganira
Abafana ba Bayern Munich bitabiriye Umuganda Rusange
Abafana ba FC Bayern MUnich mu Rwanda bagaragaza ko akamaro k'ubufatanye n'ikipe gakwiriye kugirira akamaro abaturage mu buryo bwose
Abafana ba FC Bayern Munich bishimira ibyo bagezeho mu mwaka umwe bamaze bishyize hamwe
Abafana ba FC Bayern Munich bishimanye n'abana biga kuri GS Akumunigo

Amafoto: Umwali Sandrine


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .