00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakunzi b’umukino Golf basabwe kwamagana abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 May 2025 saa 07:40
Yasuwe :

Abakunzi n’abakinnyi b’umukino wa Golf mu Rwanda bibutse ku nshuro ya 31 Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994, basabwa kurwanya abapfobya bakanahakana iyi Jenoside.

Iki gikorwa cyabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 17 Gicurasi 2025, cyibimburirwa no gucana urumuri rw’icyizere.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, uri mu bitabiriye iki gikorwa, yagaragaje uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa n’impamvu Ingabo za RPA zafashe icyemezo cyo kubohora u Rwanda.

Umubitsi wa Rwanda Golf Union, Rugomboka François, we yavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari ngombwa ndetse bibafasha cyane kuzirikana amateka mabi yaranze igihugu.

Ati "Murabizi, umukino wa Golf ukinwa n’abantu batandukanye banakunze gusohoka bakajya hanze ndetse n’abanyamahanga benshi, rero kwibuka biradufasha kuko iyo bagiye hanze bavuga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’uko yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, abantu bakayimenya."

Yakomeje asaba Abanyarwanda kurangwa n’ubumwe no gukomeza kwibuka bananyomoza abapfobya Jenoside bakanayihakana bakigaragara mu bice bitandukanye.

Uyu muhango wasojwe hahembwa abakinnyi bitwaye neza mu Irushwanwa rya Golf ryo Kwibuka ryateguwe na Rwanda Golf Union.

Umuvugizi w'Ingabo z'u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yavuze uburyo izari Ingabo za RPA zafashe icyemezo cyo kubohora u Rwanda
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Uwayezu François Régis, yari mu bitabiriye iki gikorwa
Abitwaye neza mu Irushanwa ryo Kwibuka ryakinwe barashimiwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .