00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tennis: Abakinnyi barenga 70 bazitabira ’ATP Challenger 75 & 100 Tour’

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 12 February 2025 saa 04:34
Yasuwe :

Abakinnyi barenga 70 bazitabira amarushanwa ya ’ATP Challenger 75 Tour’ na ’ATP Challenger 100 Tour’, akinwa n’ababigize umwuga bari mu myanya myiza ku Isi muri Tennis y’abagabo.

Aya marushanwa ateganyijwe guhera tariki ya 24 Gashyantare kugeza ku ya 9 Werurwe 2025 muri IPRC-Kigali Ecology Tennis Club.

Icyumweru cya mbere kizaba ari ’ATP Challenger 75 Tour’ izakinwa kuva tariki ya 24 Gashyantare kugeza ku ya 1 Werurwe 2025.

Ni mu gihe ’ATP Challenger 100 Tour’ iteganyijwe kuva tariki ya 2 kugeza ku ya 9 Werurwe 2025.

Umuyobozi w’amarushanwa, Arzel Mevellec, yavuze ko kuba iriheruka rya ATP Challenger 50 ryaragenze neza ariyo mpamvu bahisemo guha u Rwanda kwakira n’ayisumbuyeho.

Yagize ati “Twazanye hano ATP Challenger 50 dushaka kureba niba uyu mujyi uzabasha kwakira aya marushanwa. Ibisubizo byaje ari byiza ari nayo mpamvu twazamuye urwego tuzana ATP Challenger 75&100.”

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yavuze ko kwakira aya marushanwa bifasha no mu kuzamura impano z’abanyarwanda.

Ati “Kwakira aya marushanwa ntabwo bizana abakinnyi bakomeye i Kigali gusa ahubwo bitera n’akanyabugabo abakinnyi bato bigakomeza guteza imbere tennis yacu.”

Perezida w’Ishyirahamwe rya Tennis mu Rwanda, Karenzi Théoneste, yavuze ko kwakira aya marushanwa bikomeza gushimangira gahunda ya leta yo kugira u Rwanda igicumbi cy’imikino.

Ati “Gukomeza kwakira amarushanwa nk’aya bishimangira gahunda ya leta yo kuba igicumbi cy’imikino. Afasha abakinnyi b’abanyarwanda kuzamura urwego kuko babona amahirwe yo guhangana n’abakomeye ku rwego rw’isi.”

Bamwe mu bakinnyi bakomeye bitezwe muri aya marushanwa, barangajwe imbere n’Umuholandi, Jesper de Jong usanzwe ari nimero 107 ku Isi, aho azaba ariwe wa mbere.

Akurikiwe n’Umunya-Argentine, Marco Trungelliti watsindiwe ku mukino mu irushanwa riheruka. Hari n’abandi nk’Umufaransa Calvin Hemery, Umunya-Espagne, Carlos Taberner n’Umunya-Venezuela, Gonzalo Oliveira.

Uzegukana ATP Challenger 75 azahembwa ibihumbi 100$, mu gihe uwa ATP Challenger 100 azahabwa ibihumbi 160$.

Umuyobozi w’amarushanwa, Arzel Mevellec, kuba u Rwanda rwarakiriye neza ATP Challenger 50 aribyo byatumye ruhabwa amarushanwa yisumbuye
Perezida w’Ishyirahamwe rya Tennis mu Rwanda, Karenzi Théoneste, yavuze ko kwakira aya marushanwa bikomeje gushimangira gahunda yo kugira u Rwanda igicumbi cy’imikino
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe ni umwe mu bitabiriye iki kiganiro n'itangazamakuru
Mu irushanwa riheruka, Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame, bitabiriye umukino wa nyuma wahuje Umunya-Pologne Kamil Majchrzak wegukanye irushanwa n'Umunya-Argentine, Marco Trungelliti
U Rwanda rugiye kwakira amarushanwa ya ATP Challenger 75& 100

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .