Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 10 Gashyantare 2025, ni bwo abakinnyi n’abatoza ba Dodoma Jiji bari bavuye mu gace ka Ruangwa, aho baro bakiniye na Namungo FC.
Bageze ahitwa Nangurukuru, imodoka yataye umuhanda yisanga mu mugezi uri hafi y’umuhanda, ariko kuko wari mugufi byorohera abari bayirimo kuba bayivamo hakiri kare.
Ntabwo ikipe iratanga amakuru ahagije kuri iyi mpanuka, ariko abari hafi yayo bavuga ko nta muntu wigeze ukomereka bihambaye.
Dodoma Jiji na Namungo zanganyije ibitego 2-2, mu gihe iyi kipe iri gutegura umukino uzaba mu mpera z’icyumweru uzayihuza na Simba SC.




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!