00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Aba-Rayons bajyanye icyizere cyo kutongera gusitarira i Huye (Video)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 22 February 2025 saa 04:43
Yasuwe :

Abafana ba Rayon Sports batashye batishimye ubwo baherukaga mu Karere ka Huye bakina na Mukura VS nyuma yo gutsindwa ibitego 2-1, basubiranyeyo icyizere cyo gutsinda Amagaju FC.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 22 Gashyantare 2025, hateganyijwe imikino y’Umunsi wa 18 wa Shampiyona y’u Rwanda, aho Rayon Sports igomba kwakirwa n’Amagaju FC kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye.

Mu gushyigikira ikipe, abakunzi ba Rayon Sports bahuriye kuri Kigali Pelé Stadium nk’ibisanzwe kugira ngo bagendere hamwe bajye kuyiba inyuma itongera gutakaza amanota.

Umuyobozi w’Amatsinda y’Abafana ba Rayon Sports ku rwego rw’Igihugu, Nshimiyimana Emmanuel ’Matic’, mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yavuze ko bajyanywe no gukosora amakosa yakozwe ubuheruka.

Ati “Ubushize twatsinzwe na Mukura VS kuko ni ikipe ikunda guhagarika amakipe. Hari ibihe bibi Rayon Sports iturutsemo, yadufatiranye n’umunaniro ariko ubu turiteguye neza.”

“Ibyo bihe kandi twabivuyemo tukiri aba mbere, ubuyobozi, ikipe n’abafana, tugiye gukora ibishoboka byose intsinzi ikaboneka ku kabi n’akeza.”

Kugeza ubu Rayon Sports FC iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa Shampiyona n’amanota 40, ikurikiwe na APR FC ifite 37.

Abafana ba Rayon Sports bizeye gukura intsinzi i Huye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .