00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umutoza wa Denmark yavuze impamvu azitabaza Jonas Vingegaard muri Shampiyona y’Isi y’Amagare

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 11 February 2025 saa 10:41
Yasuwe :

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Danemark, Michael Mørkøv, uhanze amaso Shampiyona y’Isi izabera mu Rwanda, yahishuye ko kwifuza guhangana na Tadej Pogačar ari byo byatumye ashaka Jonas Vingegaard utarakiniraga Ikipe y’Igihugu.

Amakipe y’ibihugu atandukanye yatangiye gutegura abakinnyi azifashisha muri Shampiyona izakinwa iminsi umunani hagati yo ku Cyumweru tariki 21 na 28 Nzeri 2025, aho izakinwamo ibyiciro birimo iby’abagabo, abagore n’abakiri bato.

Vingegaard w’imyaka 28 ntabwo arahagararira Ikipe y’Igihugu nkuru ya Denmark by’umwihariko muri Shampiyona y’Isi. Umutoza mushya wayo, Michael Mørkøv, akaba yashimangiye ko uyu mugabo azitabira iya 2025.

Mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru cyo muri Denmark cya, B.T, Mørkøv, yavuze ko akazi gakomeye ari ukumvisha Vingegaard ko yamufasha muri Shampiyona y’Isi kandi bamaze kubiha umurongo.

Yagize ati “Akazi ka mbere nari mfite mu ntangiriro ni ukuganira na Jonas. Ubutumwa ni uko yiteguye guhatana muri Shampiyona y’Isi kandi gahunda afite igaragaza ko ari kubikoraho. Iyo ni ingingo ya mbere, ubundi ni ugukomeza kuvugana.”

"Ukuri ni uko uko amarushanwa aha agaciro cyane ari ayo mu ikipe ye ya Visma, hakabona kujyaho Ikipe y’Igihugu. Ibyo tugomba kubyemera. Numva ko kandi ibyo yagakwiye kuba yegukana byinshi yabitwaye, ariko hari ibyo agikeneye. Ntabwo arahagararira Denmark.”

Mørkøv yakomeje avuga ko ari we mukinnyi ushobora kuzahangana n’Umunya-Slovenia, Tadej Pogačar, wamaze kwerekana ko imikino yo mu misozi ari ndakorwaho.

Ati “Nifuza kumugira mu ikipe mbereye umutoza, byaba ari ibintu bidasanzwe muri Shampiyona y’Isi, ni umukinnyi udasanzwe nubwo hazaba hari uwatwaye iri siganwa riheruka. Ni we wenyine ushobora kumuhagarika [Tadej Pogačar].”

Si Pogačar gusa bazahangana kuko na Van der Breggen watwaye Shampiyona y’Isi y’amagare inshuro ebyiri, yamaze kugaragaza ko azaba ari i Kigali ashaka kongera kuyitwara.

Vingegaard yahanganye na Pogačar yegukana Tour de France mu 2022 na 2023, mu mwaka ushize agira impanuka yamuvunnye urutugu igakoma mu nkokora ibihe bye byiza.

Aba bose biteguye Inzira y’ibilometero 267,5 irimo akazamuko ka metero 5.475 ikaba ari ubwa mbere izaba ikiniwe ku Mugabane wa Afurika mu myaka 103 iyi mikino imaze ikinwa.

Jonas Vingegaard yagize imvune mu mwaka ushize yatumye atitwara neza
Jonas Vingegaard yegukanye Tour de France inshuro ebyiri
Jonas Vingegaard ni umwe mu bakinnyi beza b'amagare ku Isi
Jonas Vingegaard azahanganira na Tadej Pogačar mu Rwanda
Imihanda izamuka yorohera Jonas Vingegaard
Tadej Pogačar na Jonas Vingegaard ni bamwe mu bakinnyi bahabwa amahirwe muri Shampiyona y'Isi mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .