00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tour du Rwanda turaje tuyishwanyaguze - Mugisha Moïse nyuma y’uko Team Rwanda yishyuwe

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 10 February 2025 saa 05:11
Yasuwe :

Nyuma y’uko abakinnyi ba Team Rwanda bahawe amafaranga batsindiye mu isiganwa ritegura Tour du Rwanda, Mugisha Moïse na Kapiteni wayo Munyaneza Didier bahamya ko noneho bazagaragaza imbaraga zidasanzwe.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ni bwo Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ryateguye isiganwa rya ‘Amahoro Criterium’, ryari rigamije gutegura Tour du Rwanda 2025, ari yo mpamvu hakoreshejwe umuhanda uzaba ugize Agace kabanza kayo.

Iyi kipe yitwaye neza ndetse Munyaneza Didier ‘Mbappe’ yegukana umwanya wa mbere, bagabana ibihembo begukanye, ndetse banarushaho kwitegura isiganwa mpuzamahanga.

Kuri uyu wa Mbere, Mugisha Moïse wegukanye Agace kamwe muri Tour du Rwanda ya 2018, yagaragaje imbamutima ze abinyujije ku mbuga nkoranyambaga. Ati “Tour du Rwanda na yo turaje tuyishwanyaguze.”

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu, Munyaneza yavuze ko ubu gahunda ari ugukorera hamwe. Ati “Dukorera hamwe nk’ikipe, tukagabana amafaranga y’ibihembo, 50 kuri 50 nk’ikipe. Gukora nk’ikipe ni yo ntego y’abakinnyi b’amagare. Si njye, si wowe, buri gihe ni twebwe.”

Tour du Rwanda iteganyijwe kuba hagati ya tariki ya 23 Gashyantare na tariki ya 2 Werurwe 2025, ikazaba iri kuba ku nshuro ya 17, hategurwa Shampiyona y’Isi izabera i Kigali muri Nzeri uyu mwaka.

Abakinnyi ba Team Rwanda bavuze ko ubu ikibaraje ishinga ari ukwerekana itandukaniro muri Tour du Rwanda
Nyuma yo kubona amafaranga, abakinnyi ba Team Rwanda bafite akanyamuneza
Mugisha Moïse yavuze ko biteguye neza Tour du Rwanda 2025
Munyaneza Didier yahamije ko abakinnyi ba Team Rwanda bari mu mwuka mwiza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .