00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Team Rwanda yaguriwe amagare mashya mbere ya Tour du Rwanda 2025

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 13 February 2025 saa 11:48
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu y’Amagare “Team Rwanda” yaguriwe amagare mashya mbere yo kwitabira irushanwa mpuzamahanga rya Tour du Rwanda riteganyijwe kuva tariki ya 23 Gashyantare kugeza ku ya 2 Werurwe 2025.

Abakinnyi bamaze iminsi bagaragaza ko amagare bakinisha atagezweho ku buryo yabafasha guhanganira imyanya myiza n’abandi bahurira mu masiganwa bitabira.

Ibyo byajyanaga no kuvuga ko ari make, adahagije, ndetse bamwe bagashimangira ko baheruka amagare meza ubwo bayagurirwaga na Perezida Paul Kagame wabahaye ayo mu bwoko bwa Pinarello Dogma F8 mu 2015.

Mu gihe habura iminsi 10 gusa ngo yitabire Tour du Rwanda y’uyu mwaka, Team Rwanda yakiriye inkuru nziza ko yamaze kugurirwa amagare mashya yo mu bwoko bwa Connandole, agiye gusimbura aya Ridley bakinishaga.

Ku wa Gatatu, tariki ya 12 Gashyantare 2025, Umubitsi wa FERWACY, Katabarwa Daniel, yashyize amafoto ku rubuga rwa X [yahoze ari Twitter] agaragaza ko aya magare mashya yamaze kugera i Kigali.

Mu magambo ye yagize ati “Amagare mashya yahageze mbere ya Tour du Rwanda 2025. Turashimira Minisiteri ya Siporo na buri wese watumye bishoboka.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, ni umwe mu bagize icyo bavuga kuri ubu butumwa, agira ati “Dukomereje ku kindi cyiciro. Team Rwanda izatsinda.”

Amakuru IGIHE yamenye ni uko aya magare ya “Cannondale SuperSix Evo 2 Carbon Sonic” yaguzwe, yakoreshejwe ku ruganda.

Team Rwanda ni imwe mu makipe 15 azitabira Tour du Rwanda y’uyu mwaka, izaba igizwe n’uduce umunani tuzakinirwa mu Ntara zose z’igihugu.

Team Rwanda yaguriwe amagare mashya mbere ya Tour du Rwanda ya 2025
Amagare mashya yamaze kugera mu Rwanda
Ikipe y'Igihugu igiye kujya ikinisha amagare yo mu bwoko bwa Cannondale
Ku wa Gatatu, Team Rwanda yitoreje i Rubavu igera ku Mupaka wa La Corniche
Team Rwanda yari imaze iminsi ikinisha amagare ya Ridley ariko abakinnyi ntibayibonagamo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .