Iri rushanwa ngarukakwezi, kuri iyi nshuro ryari ryahuje abana 138 barimo abahungu 83 n’abakobwa 55, bose bari hagati y’imyaka 11 na 19.
Niyonkuru Yassin wa Les Amis Sportifs yakiniraga mu rugo imbere y’abafana benshi, ni we wegukanye intsinzi mu bahungu batarengeje imyaka 19 nyuma yo kuzenguruka intera yakozwe inshuro 31 akoresheje iminota 59 n’amasegonda 47.
Muri iki cyiciro cyarimo abakinnyi 28, uwa kabiri yabaye Ishimwe Brian wa Ndabaga Cycling Team wasizwe ibice 49 by’amasonda naho Irakoze Egide wakinnye ku giti cye aba uwa gatatu yasizwe isegonda n’ibice bitandatu.
Mu bakobwa bakinnye ari 15, Masengesho Yvonne wa Ndabaga Women Cycling Team yabaye uwa mbere akoresheje isaha n’iminota itatu nyuma yo kuzenguruka inshuro 31, akurikirwa na Ishimwe Gisele wa Cine Elmay Cycling Club na Ishimwe Françoise wa Les Amis Sports.
Nyiribambe Akelyne wa Bugesera Cycling Team mu bakobwa na Shema Emmanuel wa Les Amis Sportifs mu bahungu, batsinze mu cyiciro cy’Abatarengeje imyaka 17 naho Sibomana Arsène wa Cine Elmay mu bahungu na Liza Jehovayile wa Ndabaga Women Cycling Team mu bakobwa, bombi batsinda mu cyiciro cy’Abatarengeje imyaka 15.
Ni mu gihe Uwase Alliah wa Les Amis Sportifs mu bakobwa na Munyaneza Gentil wa Nyabihu Cycling Team mu bahungu, begukanye intsinzi mu batarengeje imyaka 13 naho Uwamahoro Françoise wa Ndabaga Women Cycling Team mu bakobwa na Gabirwa Mahirwe Héritier mu bahungu, batsinze mu cyiciro cy’Abatarengeje imyaka 11.
Isiganwa ritaha rizabera kuri Field of Dreams mu Bugesera ku wa 22 Kamena 2025.



































TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!